Cacana yasubije abatekereza ko Film ye igamije gukangurira abantu ubusambanyi_ VIDEO #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Dusengimana Jacques Uzwi cyane nka Cacana muri Film y'uruhererekane yitwa 'Motari Series' yasubije abatekereza ko Film ye igamije gukangurira abantu ubusambanyi.

Motari Series ni film kugeza ubu ikunzwe n'abatari bake biganjemo urubyiruko, Iyi film yatangijwe umwaka utaha wa 2020 Ndetse ubu ikaba igeze kuri Season yayo ya 2, Nubwo ariko iyi film ikunzwe cyane hari abayishinja ko yaba itanga ubutumwa butari bwiza bitewe n'ibikorwa biyikorerwamo ndetse n'imitwe y'amagambo bayishyiraho iyo bayishyira ku mbugankoranyambaga.

Nk' uko Cacana  yagiranye ikiganiro na Kigalisource.rw ari nawe ny'urumushinga wa Motari Series.

Yagize ati'Abantu bose barebye iriya Film bakumva yigisha ibishegu n'uburaya, Kuri njye nabanje kubitegura, kuko ntushobora kubona umucyo utarabonye umwijima, ntushobora kumenya ikintu utigeze uyoberwa ndetse ntushobora kwihana icyaha utakoze, rero nabanje kubacisha muri izo nzira, mbereka imbogamizi abamotari bagenda banyuramo kandi ni ibintu bibaho rwose nubwo hari abandakariye ngo nabameneye ibanga ariko bihangane cyane, naho ubutumwa nyirizina bwa Motari Series barabubonera muri season yayo ya kabiri yanamaze gutangira ngirango mwanabonye ko n'abantu bahindutse rero n'ubutumwa burahinduka'

Cacana kandi yasanishije ubuzima bwe busanzwe ndetse n'ibyo akina muri Film, Ubwo yari abajijwe ikibazo abakunzi ba Motari Series bibaza niba asanzwe akunda abakobwa, Maze asubiza agira Ati 'Cyane rwose nkunda abakobwa kandi utanabakunda antere ibuye, Njye sindi ingaragu gusa,Ahubwo ndiyo inari yonyone noneho' 

Mugenzi we Joan nawe yagize icyo avuga kuri abo bose bibwira ko iyi film igamije kwigisha ibishegu (uburaya).

Ati'Ku giti cyanjye ntekereza ko uko ufashe ibintu ariko ubivuga, Niba wishyize mu mutwe ko ikintu ubonye hariya ari igishegu cyangwa uburaya utabanje kubona uko kirangiye birangira ubyitiranyije naho ubundi ku giti cyanjye nta bishegu cyangwa uburaya mbonamo'

Cacana yavuze ko ntagihindutse Motari series ishobora kuzatangira guca kuri imwe muri Televisiyo za hano mu Rwanda mu rwego rwo kuyimenyekanisha cyane ndetse ni gufasha abaturage bayikunda ariko batabasha gukoresha ikoranabunga.

Cacana kandi yaboneye gushimira abatanga umusada wabokugirango iyi film igere kure, Ndetse nabwiza ukuri abagerageza kwigana ibyo akora.

Ati 'Abatwigana bagakoresha Izina rya Film yacu bigaragaza ko bakunze kandi bagashima ibikorwa byacu bityo ntibyatubabaza cyangwa ngo bibyare amakimbirane hagati yacu kuko icyo duharanira ni iterambere rya Cinema Nyarwanda muri rusange'


Cacana Na Joan Ugaragara muri Season ya 2 Ya Motari Series

Cacana Uzwi Cyane nka Motari Series arateganya byinshi byo guhindura muri iyi Film

Reba hano ikiganiro kirambuye

Reba hano Agace ka 1 ka season ya 2 ya 'MOTARI SERIES'



Source : https://impanuro.rw/2021/03/18/cacana-yasubije-abatekereza-ko-film-ye-igamije-gukangurira-abantu-ubusambanyi_-video/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)