Igikomangoma Harry cyabonye akazi mu Kigo cyigenga mu Kibaya cya Silicon Valley cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika gifatwa nk’umurwa mukuru wa Sosiyete ziganjemo iz’ikoranabuhanga zikomeye ku Isi, giherereye muri Leta ya California.
Prince Harry uheruka kuva mu Bwongereza ndetse akareka inshingano yari afite i bwami, yahawe akazi na sosiyete y’i San Francisco muri California muri Amerika.
Azajya akora muri iyi sosiyete yitwa BetterUp Inc nka Chief Impact Officer [CIO], aho azaba afite inshingano zirimo izijyanye n’ibikorwa by’ubugiraneza, gutanga ubufasha ku byemezo bijyanye n’ibicuruzwa no gutanga inama ku bijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe. Harry yari asanzwe yarakoranye n’ibigo byita ku bafite uburwayi bwo mu mutwe.
Sosiyete ya BetterUp Inc, Prince Harry agiye gukorera isanzwe itanga serivisi zirimo gutoza abantu bya kinyamwuga, gutanga inama z’ibijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe n’ibindi.
Prince Harry cyangwa se The Duke of Sussex, yavuze ko yizeye ko azashobora gukora ibintu bizatanga impinduka n’ingaruka nziza kuri sosiyete.
Ni ubwa mbere Prince Harry yahawe umwanya muri sosiyete yigenga nyuma yaho umwaka ushize yaretse inshingano yari afite mu bwami bw’u Bwongereza we n’umugore we Meghan Markle basinye kujya kuba muri Amerika.
Mu minsi ishize Harry na Meghan Markle basinye amasezerano yo kujya bakorana na Spotify ndetse na Netflix.


Public emmasculation in progress
ReplyDelete