Yari ahitanwe n'impeta yambitse igitsina cye ngo kibe kinini azemeze umukunzi kuri Saint Valentin #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Icyakora ibyo yashakaga ntibyagezweho ndetse nako kabariro ntiyagateye kuko umunsi nyirizina yari yiteguye wamusanze mu bitaro arembye nyuma yo gushyira impeta y'icyuma ku gitsina cye ngo kibe kinini.

Uyu mugabo uzwi nka Romeo utuye Bangkok mu gihugu cya Thailand,yari amaze iminsi 2 yambaye iyi mpeta y'icyuma ariko ku munsi wa 3 ibintu byabaye bibi cyane igitsina cye kizamo uburibwe arababara cyane hafi no gupfa.

Uyu mugabo yabwiye muganga we ko impamvu yakoze ibyo yashakaga kuzemeza umugore bateretanaga wari wamwemereye ko bazatera akabariro kuri iki cyumweru cyabayeho umunsi w'abakundanye uzwi nka Saint Valentin.

Uyu mugabo yari yabwiwe ko iyi mpeta ituma amaraso aba menshi mu gitsina kikaba kinini ariyo mpamvu yahise ayigura arayambara.

Uyu mugabo yafashe iyi mpeta ya santimetero 3 ayinjiza mu gitsina cye ayihatiriza kuko ngo yari yagisize amavuto ngo inyerere ariko ibyamubayeho nyuma byatumye agana ibitaro.

Uyu mugabo yavuze ko ku munsi wakurikiye kwambara iyi mpeta,yatangiye kumva uburibwe ashaka gukuramo iyi mpeta ariko asanga amazi si yayandi ahebera urwaje.

Kuwa Gatandatu nyuma ya saa sita nibwo yahamagaye ubutabazi bwibanze ngo bamufashe gukuramo iyi mpeta ariko yari yakererewe.

Yagize ati 'Nagize ubwoba ko abaganga bashobora kumbwira ko kugira ngo bayikuremo barabanza gukata igitsina.Yakanzi igitsina cyanjye hafi no kugituritsa.'

Uyu mugabo yajyanwe kwa muganga mu mujyi wa Thai biba ngombwa ko abaganga bitabaza ibikoresho bidasanzwe ngo bakuremo iyi mpeta ndetse amafoto bari kuyikata bakoresheje amapensi yashyizwe hanze.

Abaganga bamaze isaha yose barwana n'iyi mpeta yari ku gitsina cya Romeo barangije bamuha ibinini bimugabanyiriza uburibwe arataha.

Muganga Winai Pong yagize ati 'Ibi ntabwo twari tubimenyereye ahubwo twafashaga abantu impeta zabaga zaheze mu rutoki.Twatunguwe no kubona umugabo aje impeta yaheze mu gitsina.'




Source : http://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/yari-ahitanwe-n-impeta-yari-yashyize-ku-gitsina-cye-kugira-ngo-kibe-kinini

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)