U Rwanda rwashimiwe aho rugeze imyiteguro y’inama ya CHOGM -

webrwanda
0

Iyi Nama isanzwe iba nyuma ya buri myaka ibiri, izaba muri uyu mwaka nyuma y’uko yimuwe mu mwaka ushize bitewe n’icyorezo cya Covid-19.

Mu gihe habura amezi atarenze ane mbere y’uko Inama iba, inzego zitandukanye zikomeje gukurikirana aho igihugu kigeze cyitegura iyi Nama.

Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Imiyoborere n’Amahoro muri Commonwealth, Luis G Franceschi, yavuze ko imyiteguro ikomeje kugenda neza.

Yagize ati “uyu munsi twasuye site zizaberaho CHOGM 2021. Twishimiye cyane n’uburyo imyiteguro iri kugenda ndetse twishimiye kubona u Rwanda na Afurika bikomeza imyiteguro”.

Ibi byagarutsweho kuri uyu wa Kabiri mu Nama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga igahuza abahagarariye ibihugu bigize Commonwealth, igaruka ku myiteguro u Rwanda rumaze gukora mu gihe iyi Nama yegereje.

Mbere y’uko ino Nama y’abakuru b’ibihugu iterana, hateganyijwe Inama z’urubyiruko, abagore, imiryango itegamiye kuri Leta, ubucuruzi ndetse n’ibindi bitandukanye.

Iyi Nama izatangira ku wa 21 Kanama, ikaba ari Inama ya 26 y’uyu Muryango wa 26 kuva yaterana bwa mbere.

Iyi Nama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga
U Rwanda rwasobanuriye ibindi bihugu aho rugeze imyiteguro ya Commonwealth
Ibikorwaremezo birimo KCC birateguye
Imyiteguro irarimbanyije mu mahoteli
Itsinda rya Commonwealth ryanyuzwe n'aho u Rwanda rugeze rwitegura



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)