Bamwita umuzungu wa mbere ukennye ku isi|Yavuze uko Papa we yamutaye mu Rwanda| Shirisi – YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umugabo witwa Emmanuel Shirisi utuye mu Karere ka Huye ho mu ntara y'amajyepfo yavuze byinshi ku buzima abayemo aho yanavuze ko hari abamwita umuzungu wa mbere ukennye ku isi. Ibi Shirisi yabivugiye mu kiganiro yagiranye na Afrimax Tv yari yamusuye iwe mu rugo aho atuye. Mu gutangira ikihaniro, Shirisi yavuze ko afite imyaka 58 y'amavuko. Mu buzima bwe yabanye cyane na Mama we dore ko Papa we umubyara (w'umubirigi) atigeze amwitaho kuko yamubonaga akamuhunga. Igihe cyarageze Papa we asubira mu gihugu cy'Ububiligi aho asanzwe aba hashira n'igihe Mama we aza kwitaba Imana. Shirisi yavuze ko kuri ubu yashakanye n'umugore ndetse ko babyaranye abana 7 gusa nyuma 2 muri bo baje kwitaba Imana kuri ubu asigaranye abana 5. Shirisi yavuze ko umukuru mu bana be afite imyaka 28 y'amavuko. Shirisi atunzwe no korora no guhinga dore ko iwe mu rugo yoroye amatungo arimo ingurube ndetse n'inka. Shirisi avuga ko hari abamwita umuzungu wa mbere ukennye ku isi gusa ntabwo ajya abyitaho cyane kuko avuga ko aho abantu bari bavuga.

Emmanuel Shirisi

Shirisi yakomeje aganiriza umunyamakuru wa Afrimax Tv aho yamubwiye ko umufasha we arwaye indwara zo mu mutwe. Yavuze ko habayeho gutinda kumuvuza kuberako ubushobozi bw'amafaranga bwatinze kuboneka gusa avuga ko aramutse ablnye inkunga, umugore we yavuzwa akaba yanakira. Shirisi yasoje atanga numéro ye ya téléphone (0780157549) ku bifuza ku mutera inkunga.

Like this:

Like Loading...



Source : https://yegob.rw/umuzungu-wa-mbere-ukennye-ku-isi-papa-we-yamutaye-mu-rwanda-yavuze-agahinda-afite/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)