Abapasiteri babiri bateje urunturuntu nyuma yaho bashyingiranwe (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

webrwanda
1

Abapasiteri babiri babagabo bo mu itorero ry'Angilikani bashyingiranwe mu bukwe bwabereye muri Afurika y' Epfo basezerana kubana akaramata nk'uko bisanzwe bigenda ku musore n'inkumi bagiye kurushinga.

Pasiteri wo mu itorero Angilikani muri Afurika y'Epfo, Pau Mwaura, ni we wasezeranya n'undi mupasiteri uri mu bakomeye bo mu itorero Angilikani ryo mu gihugu cya Kenya witwa John Maierepi.

Ubukwe bw'aba bagabo bwacaga imbonankubone (LIVE) ku mbuga za 'internet' zisanzwe zifashishwa n'insengero bayobora mu gutambutsa ijambo ry'Imana ndetse bigaragara ko bishimiwe n'abakristo bayobora kuko batangiye gukwirakwiza amafoto yabo ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye banabifuriza urugo rwiza rwishimirwa n'Imana.
Nyuma y'uko benshi mu bayoboke b'iri torero bayoborwa na bariya bapasiteri babashyigikiye hari abandi bagaragaje ko ibyo bakoze bihabanye n'ibyo Imana yemera byatumye irimbura Sodoma na Gomora bakavuga ko Imana yaremye umugabo n'umugore kugira ngo babane bororoke.


Abapasiteri babiri basezerana kubana akaramata nk'uko bisanzwe bigenda ku musore n'inkumi bagiye kurushinga



Source : https://impanuro.rw/2021/02/21/abapasiteri-babiri-bateje-urunturuntu-nyuma-yaho-bashyingiranwe-amafoto/

Post a Comment

1Comments

Post a Comment