Umusore yagiye mu marushanwa yo gutera akabariro arangije round ya 6 arapfa. – YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umusore ukiri muto yababaje abantu ubwo yapfaga mugihe yari mu marushanwa yo gutera akabariro nyuma yo kwihatira kurangiza icyiciro cya karindwi ngo ahabwe N50.000.

Bivugwa ko uyu munyanijeriya yajyanwe muri Hotel yitwa Loveth izwi cyane iherereye mu gace ka Ikotun muri Lagos nyuma y'impaka n'abandi basore ubwo yavugaga ko ashobora gukora urukundo inshuro 7 yikurikiranya.

Aba basore ngo bamushyiriyeho intego ingana nibihumbi 50(N50.000) by'ama naira akoreshwa muri kiriya gihugu umusore na we atangira irushanwa ngo ayatsindire. Uyu musore witwa Davy ngo yari yihagazeho dore ko yabashije kurangiza ibyiciro 6 neza, maze ubwo yatangiraga icya karindwi ahita ashiramo umwuka.

Ikinyamakuru Capitaltimes kivuga ko igihe 'amarushanwa' yatangiraga, Davy yabashije gutsinda ibice bitandatu neza. Icyakora, ntabwo yashoboye kurokoka icyiciro cya karindwi kuko yahise ashiramo umwuka igwa hejuru y'umugore bakoranaga icyo gikorwa.

Like this:

Like Loading...



Source : https://yegob.rw/umusore-yagiye-mu-marushanwa-yo-gutera-akabariro-arangije-round-ya-6-arapfa/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)