Rubavu:Umuturage yasanzwe umubiri we wahiye urakongoka kugeza yitabye Imana #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Nyakwigendera Uwizeyimana Grace uri mu kigero k'imyaka 40 yasanzwe munzu yapfuye biturutse ku mubiri we wahiye ugakongoka.

Igihe dukesha iyi nkuru ivuga ko nubwo uyu mugore basanze uyu mubiri wahiye ugakongoka ariko inzu itigeze ishya.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa W'umurenge wa Rugerero Nkurunziza Faustin yavuze ko uyu mugore ashobora kuba yatwitswe n'imbabura kuko yacumbaga cyane.

Yagize ati:uyu mugore ukomoka muri Ngororero,yibanaga wenyine mu nzu muri iki gitondo nibwo byamenyekanye ko yahiye agakongoka gusa ntiwamenya ko inzu yahiye,twe twamusanze mucyumba cye hari imbabura iri kwaka, birashoboka ko imbabura ariyo yatwitse uburiri yari aryamyeho kuko iyi nzu nta n'amashanyarazi yari arimo ntiyanahiye hahiye mu cyumba cye.

Yakomeje asaba abaturage kwitandukanya n'ibishobora guteza impanuka kuko ngo bidakwiye ko umuntu yararana n'imbabura.

Kugeza ubu Urwego rw'igihugu rw'ubugenzacyaha,RIB rwatangiye iperereza ryimbitse kugira ngo hamenyekane mu by'ukuri icyahitanye uyu mugore.



Source : https://impanuro.rw/2021/01/29/rubavuumuturage-yasanzwe-umubiri-we-wahiye-urakongoka-kugeza-yitabye-imana/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)