Centrafrique : Ingabo zirimo iz'u Rwanda zishe inyeshyamba 44 #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ibinyujije ku rubuga rwa Facebook, Leta ya kiriya gihugu ivuga ko ingabo z'u Rwanda zifatanyije n'iz'u Burusiya ziri mu butumwa bw'amahoro kimwe n'ingabo za kiriya gihugu bishe ziriya nyeshyamba mu gitero cyabereye ahitwa Boyali.

Umuvugizi wa Leta ya kirya gihugu Ange Maxime Kazagui yavuze ko urugamba rwo guhashya ziriya nyeshyamba rwatumye bigarurira umujyi wa Boda uri mu bilometero 124 uvuye mu murwa mukuru wa Bangui.

Uyu muvugizi wa Leta ya Centrafrique avuga ko kiriya gitero cyagabwe n'ingabo zayo zifatanyije n'iz'u Rwanda n'iz'u Burusiya nta musirikare wok u ruhande rwabo wahasize ubuzima.

Muri kiriya gihugu kirimo imitwe yitwaje intwaro, imirwano yakajije umurego mu mpera z'umwaka ushize ubwo amatora y'Umukuru w'Igihugu yari yegereje, imirwano yari igamije kuyaburizamo.

Icyo gihe ibihugu by'u Rwanda n'u Burusiya byohereje abasirikare kubungabunga umutekano no gufasha kiriya gihugu kunyura mu matora, ndetse intego y'izi ngabo yagezweho kuko amatora yarangiye.

Ingabo z'u Rwanda ziri muri kiriya gihugu zishimirwa umuhate n'umurava n'ubunyamwuga zigaragaza mu kazi kazijyanye dore ko ari zo zikomeje gutanga imbaraga nyinshi mu gutuma ziriya nyeshyamba zidakandagira mu murwa mukuru wa Bangui.

UKWEZI.RW



Source : http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Umutekano/article/Centrafrique-Ingabo-zirimo-iz-u-Rwanda-zishe-inyeshyamba-44

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)