Ubuhamya bwa myugariro wa Rayon Sports uko yanduye COVID-19, uko ameze ubu #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Myugariro wa Rayon Sports, Habimana Hussein Eto'o avuga ko nyuma yo kwandura icyorezo cya COVID-19 ubu ameze neza arimo kugenda akira.

Tariki ya 4 Ukubonza 2020 nibwo muri Rayon Sports hagaragaye abakinnyi bane ba Rayon Sports banduye icyorezo cya COVID-19 aho bahise babashyira mu kato, nyuma hagaragara n'abandi bakinnyi banduye aho iyi kipe igejeje umubare w'abakinnyi 14.

Bitandukanye n'ahandi ku Isi, mu Rwanda kwandura iki cyorezo benshi babifata nk'igisebo aho na bamwe mu bakinnyi banduye badashobora kwemera ko banduye, hari n'abagiye babihakana kandi baranduye bizwi.

Myugariro wa Rayon Sports, Habimana Hussein yemeye ko ari mu kato yanduye iki cyorezo ndetse asobanura uko mbere yo kwandura yagiye yiyumva.

'Ntabwo ari ibintu bidasanzwe cyane. Nagize impinduka ariko nkayoberwa uko bimeza, gusa ntabwo nagize impinduka zigiye zikomeye, narwaye ibicurane, ndwara n'umutwe ariko byabaye nk'iminsi 2 kugera kuri 3. Guhumeka uba uhumeka neza ariko iyo watangiye kurwara ibicurane, wumva utangiye kurwara ibintu bijya kumera nka Malaria cyangwa ukumva wacitse intege mu kanya gato kandi wari umeze neza. Ni uko bitangira.' Eto'o aganira na Flash FM

Yakomeje avuga ko ubu mu kato bameze neza nta kibazo na kimwe, abaganga barimo kubakurikirana neza.

Ati'Abaganga batwitaha cyane umunsi ku munsi, badukorera buri kimwe, bakatubwira ngo ntitugire stress ngo twumve ko byacitse kuko uko uhangayika niko uremba, nk'ubu twamaze kugarura imbaraga tumeze neza nta kibazo.'

Abaganga bakaba barababwiye ko bagomba kujya mu kato k'iminsi 14 nyuma yako bamaze gukira bakaba bazataha kandi babijeje ko nyuma bazakomeza gukora akazi kabo nk'ibisanzwe.

Habimana Hussein umukinnyi wa mbere wiyemereye ko yanduye COVID-19 mu Rwanda



Source : http://isimbi.rw/siporo/article/ubuhamya-bwa-myugariro-wa-rayon-sports-uko-yanduye-covid-19-uko-ameze-ubu

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)