Umukuru w'igihugu cya Pakistani yemeje itegeko rishya rigamije kurwanya ifatwa ku ngufu ry'abagore, aho uzajya ahamwa n'iki cyaha azajya ashahurwa hakoreshejwe imiti.
Ibi ariko nanone nk'uko ibitangazamakuru byo muri Pakistan byabigarutseho, bigamije kwihutisha imanza no gufata ingamba nshyashya mu guhangana no gufata ku ngufu abagore.
Iri tegeko rivuga amazina y'abahamwe no gufata ku ngufu azajya yandikwa mu gitabo ariko hahishwe ay'abafashwe ku ngufu.
Iri tegeko ryemejwe nyuma y'aho umugore umwe muri Nzeri 2020 yafashwe ku ngufu n'abantu benshi bamusambanyirije hafi y'umuhanda ujya mu Mujyi wa Lahore,abana be bareba.
Iri tegeko ariko risigaje kugezwa imbere y'abasenateri kugira ngo ryemezwe burundu.
Hagati aho, hari bamwe banegura iri tegeko, bakavuga ko ibi bihano birenze urugero, kandi ko batabanje kubaza abanyagihugu mbere y'uko baryemeza.
Hari ibindi bihugu bisanzwe bikoresha imiti yo gushahura abakoze icyaha cyo gufata ku nguvu.
Mu 2016, Indonesia yemeje iri tegeko ryo gukoresha iyi miti ku bafata abana b'abahungu ku ngufu, naho Pologne ikaba yaremeje iri tegeko ku bantu bakuze bafata abana ku ngufu, muri 2009.
Kuva mu myaka mike ishize , Pakistani isa n'iyahagurukiye ikibazo cyo gufata ku ngufu abagore.
Source : https://impanuro.rw/2020/12/17/pakistan-yemeje-itegeko-rikakaye-ku-bazajya-bafata-abagore-ku-ngufu/