Menya imitoma iryoheye amatwi ubwira umukunzi wawe akazagukunda by'iteka ryose #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Reka manze nkubwire ko  kwemererwa urukundo bidahagije ngo ugende witurize, ahubwo ujye wibuka ko mu rukundo haba hakenewe amagambo meza kandi aryoheye amatwi buri gihe ugomba kubwira umukunzi wawe kugira ngo muhore mwiyumvanamo kandi urukundo rwanyu rukomere.

Burigihe tuba tugomba gushaka ibyateza urukundo rwacu imbere, arinayo mpamvu ubugomba guhora ushaka amagambo meza yatuma urukundo rwanyu rukomeza kubaryohera

hano harurugero rwamagambo meza wabwira umukunzi wawe:

Uzahora Uri uw'agaciro kenshi kuri njye : tuzi ko hari ibintu twita iby'agaciro kenshi nk'amabuye y'agaciro urugero nka zahabu n'ifeza rimwe na rimwe hakaza n'amafaranga menshi, impamvu ni uko ibi bintu bihenze kurusha ibindi tubona!

Umfatiye runini: Birazwi ko umuntu ahora akeneye umufasha mu buzima bwe bwa buri munsi, ngaho rero ibaze umuntu kugutoranya mubandi benshi bamufasha cyangwa bamuba hafi akakubwira ngo umufatiye runini! ni iby'agaciro pe!

Muri make ni wowe ugize igice kinini cy'ubuzima bwe, bivuze ko akubuze yahungabana cyangwa ntakomeze kubaho!

Igihe cyose nzaba ndi kumwe nawe: Wari wabwirwa umukunzi wawe iri jambo ngo wumve ukuntu riryoha! Si ugupfa kurivuga gusa kuko riraremereye. Kandi cyane

Kubwira umuntu ngo nzaba aho uzaba uri hose ni iby'agaciro  by'umwihariko ku bantu bakundana.

Ibaze rero umuntu akubwiye ko uri uw'agaciro kenshi kuri we ! Byaba biryoshye kubyumva kuko biba bisobanuye ko nta muntu muhwanye imbere ye !

Nkwibonamo: Ubusanzwe yiyumva mu muntu runaka iyo agifiteho uruhare rukomeye.

Iyo inshuti yawe rero ikubwiye iri jambo, bishatse kuvuga ngo iyo akubonye aribona, ubwo rero nkuko nta wakwiyifuriza ibibi cyangwa kwibona mu bibi, niko nawe akwifuza ko uhora mu bihe byiza gusa.

Tuzarambana :ijambo abantu badakunze guha agaciro ariko rirakomeye, kandi riryohera abantu bakundana cyane cyane abafite gahunda yo gushinga urugo.

Niyo mpamvu rero iyo akubwiye 'TUZASAZANA' aba agusezeraniye ko muzabana mu bibi no mu byiza mbere yuko abibwiriza na pasiteri cyangwa padirimuri gusezerana imbere y'Imana.

Abahanga mu by'urukundo bavuga ko amagambo meza ari yo fumbire ya mbere y'urukundo ndetse burya ngo no mu ngo abantu babanishwa neza no kubwirana amagambo meza, ahumuriza, atetesha n'andi menshi.



Source : https://impanuro.rw/2020/12/20/menya-imitoma-iryoheye-amatwi-ubwira-umukunzi-wawe-akazagukunda-byiteka-ryose/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)