Ni umukino wo kwishyura wabereye kuri Nyayo Stadium guhera I Saa Cyenda z'amanywa, aho APR Fc yari yatsinze umukino ubanza ibitego 2-1 yasabwaga kunganya gusa igahita ikomeza.
APR FC ntibyaje kuyihira nyuma yo gutsindwa ibitego 3-1, aho Gor Mahia ari yo yafunguye amazamu ku munota wa 18 ku gitego cyatsinzwe na Samuel Onyango, ni nyuma y'aho Tuyisenge Jacques yari yahushije penaliti.
-
- Gor Mahia isezereye APR FC iyitsinze ibitego 3-1
APR FC yaje kwishyura iki gitego cyatsinzwe na Nsanzimfura Keddy wari winjiye mu kibuga asimbura, maze umusifuzi wa kane yerekana ko hongerwaho
Abakinnyi babanje mu kibuga
Gor Mahia: Mathews, Charles Momanyi, Philemon Otieno , Michael Apudo, Andrew Juma, Ernest Wendo, Keneth Muguna, Bernard Ondiek, Tito Okello, Benson Omalla, Samuel Onyango
APR FC: Rwabugiri Umar, Omborenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel, Manzi Thierry, Mutsinzi Ange, Niyonzima Olivier Seif, Bukuru Christophe, Manishimwe Djabel, Ruboneka Bosco, Niyomugabo Claude, na Tuyisenge Jacques

source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/apr-fc-ntibashije-gukabya-inzozi-z-amatsinda-nyuma-yo-gutsindwa-na-gor-mahia
