Turabizeza ko tuzakorana neza kuko ntitwatowe ngo tuze gushaka amaramuko muri Rayon Sport_Fidel Perezida mushya wa Rayon #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 24 Ukwakira 2020, kuri Lemigo Hotel habereye igikorwa cy'amatora komite nshya y'ikipe ya Rayon Sports, aho hatowe ku mwanya wa Perezida w'umuryango Jean Fidel Uwayezu usanzwe ari umukunzi ukomeye wa Rayon Sport

Aya matora yabaye mu muhezo mu gihe kingana n'amasaha arenga atatu, nyuma yuko yari yabanjirijwe n'igikorwa cyo kwiga ku mategeko mashya y'iyi kipe nyuma yo kumara ukwezi kumwe atunganwa na komite y'inzibacyuho iyobowe na Murenzi Abdalah.

Mu batorewe kuyobora umuryango wa Rayon Sport harimo Jean Fidel Uwayezu, Wagizwe perezida, amakuru avuga yatowe Ku bwiganze bw'abantu benshi muri aya matora.

Uwayezu Jean Fidele ni umugabo w'imyaka 54 ukomoka i Nyanza. Afite Masters muri Business and administration , akagira na licence mu mategeko. Akaba yari ahanganye na Bizizmana Sylivestre.

Mu ijambo yagejeje kubanyamuryango amaze gutorwa Yagize ati:

'Ndashimira abarayon bose kuko ni abanyabwenge cyane kandi bagaragaje ubwitange bwabo. Tuzatangwa no kubaha amategeko twitoreye kuko kutubaha amategeko abanyamuryango bitoreye nukubahuka Rayon Sport.'

'Turabizeza ko tuzakorana neza kuko ntitwatowe ngo tuze gushaka amaramuko muri Rayon Sport. Tuzarangwa no gusobanura ibigendanye n' icungamutungo rya Rayon Sport'

Dore Komite nshya ya Rayon Sport

1. Prezida wa Rayon Sport : Jean Fidel Uwayezu
2. Kayisire Jacques: Ku mwanya wa Visi Perezida wa mbere

3. Ngoga Roger Aimable: Visi Perezida wa kabiri

4. NDAHIRO Olivier Umubitsi mushya wa

Iyi komite yose yatorewe kuyobora Rayon Sports iratangira gukora imirimo mishya muri iyi kipe guhera none.

Zimwe mu ngingo zaganiriweho zikanafatirwa umwanzuro:

_ Fan clubs zasinye kuri aya mategeko nizo zigize inteko rusange hiyongereyeho izindi zizemezwa nyuma.

Inteko rusange yahaye uburenganzira Komite nyobozi gutumira abandi bantu mu nteko rusange ariko bakaza nk'abashyitsi ntibagire icyemezo bafata.

_Fan club nshya igomba kuvuga izajya iba igizwe n'abantu 30 nibura. Izisanzwe zashinzwe zitabafite zahawe amezi 3 yo kuba babujuje
_Umusanzu shingingiro wa buri munyamuryango muri Fan club ni 2000 FRW ku kwezi. Ayo mafaranga niyo make

Basobanuye ko kandi bizajya bitangwa mu buryo butandukanye.
_ Nta fan club yemerewe kugira ubuzima gatozi
_Igihe umunyamuryango amaze amezi 3 adatanga umusanzu , atakaza ubunyamuryango
_ Hemejwe ko hazashakwa umukozi uhoraho uzajya akurikirana ubuzima bwa buri munsi bwa Fan club (coordinator).
_Hemejwe ko mu gihe komite nyobozi yose yeguye, umunyamabanga mukuru ariwe utegura amatora mu gihe kingana n'ukwezi
_Abari hanze y'igihugu nabo bafite uburenganzira bwo gushinga Fan club



Source : https://impanuro.rw/2020/10/24/turabizeza-ko-tuzakorana-neza-kuko-ntitwatowe-ngo-tuze-gushaka-amaramuko-muri-rayon-sport_fidel-perezida-mushya-wa-rayon/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)