Sugira Ernest yongeye gutizwa Rayon Sports! Abandi bakinnyi 4 bakomeye bitezwe muri iyi kipe(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ubuyobozi bw'inzubacyuho bwa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yemeje ko Sugira Ernest ikipe ye ya APR FC yongeye kubatiza uyu mukinnyi muri Gikundiro.

Ibi uyu muyobozi yabitangarije mu kiganiro Sports Plateau kuri B&B FM aho yemeje ko uyu mukinnyi yamaze kongera gutizwa uyu rutahizamu.

Ati"ndashaka kongera gushimira ubuyobozi bwa APR FC bwongeye kudutiza Sugira Ernest. Sugira Ernest rwose ubuyobozi bwa APR FC bwaramuduhaye twamaze kubyumvikana hasigaye kubishyira mu nyandiko gusa."

Sugira Ernest yongeye gutizwa muri Rayon Sports

Mu mpera z'Ukuboza 2019, ni bwo uyu mukinnyi yari yatijwe muri Rayon Sports mu gihe cy'amezi 6, nyuma yo gusoza intizinyo bakaba bongeye kumutiza.

Murenzi Abdallah kandi yemeje ko umunya-Cote d'Ivoire wakiniraga TP Mazembe muri DR Congo, Jean Vital Ourega ibiganiro bisa n'ibyarangiye ndetse no mu minsi ya vuba ari buze kurangizanya n'iyi kipe.

Jean Vital Aureg yitezwe i Kigali mu minsi ya vuba

Rutahizamu w'umunya-Mali wahoze akinira iyi kipe, Moussa Camara na we bari mu biganiro ku buryo mu minsi iri mbere ashobora kuza kuyikinira.

Moussa Camara ntagihindutse arongera kwisanga yambaye umwenda wa Rayon Sports

Yemeje ko kandi bari mu biganiro n'umurundi, Fiston Abdul Razak ariko ibiganiro bikaba bigikomeje.

Fiston Abdul Razak na we ibiganiro ngo birakomeje na Rayon Sports

Murenzi Abdallah yavuze kandi ko bamaze kumvikana na rutahizamu w'umunyarwanda ukinira Buildcon FC muri Zambia, Biramahire Abbedy. Ubu basigaje kohereza ibyo ikipe ye yabasabye ubundi bakamuha release letter.

Biramahire Abeddy ari mu bakinnyi bashobora kwinjira muri Rayon Sports



Source : http://isimbi.rw/siporo/article/sugira-ernest-yongeye-gutizwa-rayon-sports-abandi-bakinnyi-4-bakomeye-bitezwe-muri-iyi-kipe-amafoto

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)