Rutahizamu w'umunya-Ghana wahoze akinira Rayon Sports ubu uri muri Yanga muri Tanzania, Michael Sarpong avuga ko impamvu amaze iminsi adatsinda ari uko yabanje kugorwa n'iyi shampiyona cyane ko yasanze itandukanye n'iyo mu Rwanda, gusa ngo igihe kirageze atangire atsinde.
Muri Kanama 2020 ni bwo Sarpong yasinyiye Yanga yo muri Tanzania amasezerano y'imyaka 2.
Ni rutahizamu waje yitezweho kuzatsindira iyi kipe ibitego byinshi nko mu Rwanda, ariko akaba afite igitego kimwe muri shampiyona.
Uyu rutahizamu avuga ko yabanje gufata umwanya wo kwiga iyi shampiyona ndetse akaba ameze kumenya abo bahanganye uko bameze, na we ngo nicyo gihe ngo atangire atsinde ibitego.
Ati"icy'ingenzi ndeba ni ikibazo cyo gutsinda ibitego, ntekereza ko umwanya ugeze wo kubikora, kubera ko ubu nzi imbaraga za ba myugariro tuba duhanganye, ubu noneho nabasha guhangana nabo kugira ngo menye neza ko ndibitsinde, icyo nicyo kintu kindi mu mutwe, iyi shampiyona yarankomereye bitewe n'ibyo, bitandukanye n'aho navuye."
Yanga ya Sarpong imaze gukina imikino 7 ya shampiyona muri uyu mwaka w'imikino wa 2020-2021, muri iyo mikino akaba afitemo igitego kimwe gusa.
Source : http://isimbi.rw/siporo/sarpong-yavuze-impamvu-atarimo-gutsinda-muri-tanzania