Rusesabagina yongeye kuvuga ko atari Umunyarwanda ndetse avuga ko afunzwe binyuranije n'amategeko #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Rusesabagina wageze ku kicaro cy'Urukiko rw'Ibanze rwa Kicukiro saa mbiri n'igice (08:30) zo muri iki gitondo, yari yajuririye icyemezo cyo gufungwa by'agateganyo ariko Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rutesha agaciro ubujurire bwe, rutegeka ko akomeza gufungwa by'agateganyo.

Itegeko ryerekeye imiburanishirize y'imansa z'inshinjabyaha riteganya ko iyo iminsi 30 yasabwe n'Ubushinjacyaha irangiye bukiri mu iperereza, busubiza imbere y'urukiko uregwa bugasaba ko yongererwa iminsi yo gufungwa by'agateganyo.

Inteko y'Urukiko yageze mu cyumba cy'iburanisha saa 09:20, ihita isoma umwirondoro w'uregwa, Paul Rusesabagina agahita awuhakana avuga ko hari icyo yifuza ko gikosorwa mu mwirondoro we watanzwe mu rukiko, aho yabwiye urukiko ko adashaka ko bazajya bavuga ko ari Umunyarwanda kuko ari Umubiligi.

Yavuze ko kuva mu 1996 atari umunyarwanda kuko ngo ari bwo yasubije Passport ye n'irangamuntu agahita ahunga.

Yagize ati: 'Kuva icyo gihe nahise mba impfubyi y'Umuryango w'Abibumbye.'

Ni ikifuzo cyashimangiwe n'umunyamategeko we Me Rugaza yasabye urukiko ko rugomba gufata uyu mukiliya we nk'Umubiligi aho kumufata nk'umunyarwanda.

Me Rugaza yahise abwira urukiko ko mbere ya 1999 mu Rwanda nta bwenegihugu bubiri bwabagaho.

Uregwa na we yahise yongera afata ijambo, avuga ko kuva yatangira kuburana yakunze guhakana uriya mwirondoro w'uko ari Umunyarwanda ariko ngo Urukiko rwakomeje kubyirengagiza nkana.

Ubushinjacyaha bwahawe umwanya ngo bugire icyo buvuga kuri izi nzitizi, bwavuze ko umwirondoro w'uregwa ari wo kuko kuva yafatwa mu bugenzacya no mu bushinjacyaha ari wo yatanze.

Ubushinjacyaha bwavuze ko impaka ku mwirondoro w'uregwa zazaburanwaho mu zindi manza aho kuba muri uru rwo gusaba kongera iminsi yo gufungwa by'agateganyo.

Ubushinjacyaha kandi buvuga ko ubwo uregwa yaburanaga ku ifunga n'ifungurwa by'agateganyo, we ubwe yiyemereye uriya mwirondoro we, buvuga kandi ko uriya mwirondoro wa Rusesabagina utazigera uhinduka.

Me Rugaza watunguwe n'iyi mvugo y'Ubushinjacyaha, yahise avuga ko bitangaje kumva Ubushinjacyaha buvuga ko uko byagenda kose umwirondoro w'uregwa utazahinduka.

Yagize ati: 'Biragaragara ko ubushinjacyaha bufite ijambo rinini kuri Rusesabagina kurusha urukiko.'

Umucamanza yahise ategeka ko iburanisha rikomeza, Ubushinjacyaha buhita busaba Urukiko ko rwagaruye uregwa kugira ngo rumwongerere iminsi yo gufungwa by'agateganyo kuko iperereza rigikomeje.

Rusesabagina utanyuzwe n'iki cyemezo cy'urukiko, yahise agaruka ku ngingo y'uko atari umunyarwanda ati 'Ubushinjacyaha nibwerekane passport yange y'inyarwanda cyangwa indangamuntu, nibabyerekane maze mbe Umunyarwanda.'

Umucamanza yabwiye uregwa ko izi nzitizi yazaziburana mu rubanza rwo mu mizi, ahita aha umwanya Ubushinjacyaha ngo bukomeze impamvu bwagaruye uregwa imbere y'urukiko.

Ubushinjacyaha buvuga ko bugikomeje iperere kuko bumaze kubaza abatangabuhamya 9 bagizweho ingaruka n'ibitero bya FLN, mu gihe hakiri abandi bo kubaza bo mu turere twa Nyaruguru, Nyamagabe na Rusizi.

Ubushinjacyaha buvuga ko ibyo bwasabye biteganywa n'itegeko kuko umuntu uregwa ibyaha by'ubugome ashobora kuregerwa amezi atandatu.

Me Rugaza wasubizaga kiriya kifuzo cy'uregwa, yavuze ko umukiliya we afunze mu buryo bunyuranyije n'amategeko kuko iminsi 30 yari yasabiwe yarangiye ku wa 16 Ukwakira 2020.

Uyu munyamategeko uvuga ko iyo umuntu asabirwa kongererwa iminsi, bikorwa mbere y'uko iriya minsi 30 irangira, yahise asaba ko Urukiko ruhita rurekura umukiliya we kuko afunze mu buryo bunyuranyije n'amategeko.

Me Rugaza kandi avuga ko Ubushinjacyaha busaba ko uregwa yongererwa igihe cyo gufungwa mu gihe impamvu zashingiweho afungwa zigihari kandi ngo Ubushinjacyaha butagaragaje ko zigihari.

Ubushinjacyaha buvuga ko uburyo abunganira uregwa babara igihe umukiliya wabo amaze afunze, binyuranyije n'amategeko ndetse busaba Urukiko gutesha agaciro ibivugwa ko afunzwe mu buryo bunyuranyije n'amategeko.

Buvuga kandi urukiko rwafashe umwanzuo wo gufunga by'agateganyo uregwa rushingiye ku mpamvu zikomeye kandi zigihari ndetse ko byemejwe n'Urukiko yajuririye.



Source : https://www.imirasire.rw/?Rusesabagina-yongeye-kuvuga-ko-atari-Umunyarwanda-ndetse-avuga-ko-afunzwe

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)