Ku cyumweru tariki 25 Ukwakira 2020, Papa Francis yatangaje amazina y'Abakardinali bashyashya 13 muri bo hakaba harimo Musenyeri Mukuru wa Kigali, Antoine Kambanda.

Musenyeri Antoine Kambanda ni we Munyarwanda wa mbere ugizwe Umukardinali
Muri aba 13, icyenda bari munsi y'imyaka 80, bafite uburenganzira bwo kuba mu itsinda ry'Abakardinali bashobora gutora usimbura Papa mu gihe yokwitaba Imana cyangwa yeguye.
Musenyeri Antoine Kambanda afite imyaka 61, yavukiye mu Karere ka Bugesera, mu 2018 nibwo Papa Francis yamugize Musenyeri mukuru (Arkepiskopi) wa Kigali.
Kambanda yize amashuri abanza n'ayisumbuye i Burundi, muri Uganda no muri Kenya imbere yo kurangiza amasomo ya Tewolojiya muri Seminari nkuru ya Nyakibanda mu Rwanda.
Mu kwezi kwa Cyenda mu 1990 nibwo Papa Paul II yamugize Umupadiri. Kuva mu 1993 yagiye kwiga i Roma aho yavanye impamyabushobozi y'ikirenga muri Tewolojiya.
Nyuma yo gusoza amasomo, igihe kinini yakimaze ari umwarimu muri Seminari Nkuru ya Nyakibanda, aza no kuyiyobora kugeza mu 2013.
Muri uwo mwaka wa 2013 nibwo Papa Francis yamugize Musenyeri wa Diyosezi ya Kibungo kugeza mu 2018 ahabwa inshingano zo kuyobora Kiliziya mu Rwanda.
Kardinali ni rwo rwego rukuru rwo mu butegetsi bwa Kiliziya umuntu ashobora kugerako mbere yo kuba Papa, Umuyobozi wa Kiliziya Gatolika ku Isi.
Kiliziya Gatolika yari isanzwe ifite Abakardinali 219, muri abo 29 gusa ni abo muri Africa, mu gihe igihugu nk'Ubutaliani gusa gifite Abakaldinali 41.
Ibihugu bya Africa bisanzwe bifite Abakardinali ni:
.Angola (2)
.Burkina Faso (1)
.Cameroun (1)
.Cape Verde (1)
.Centrafrique (1)
.DR Congo (2)
.Ethiopia (1)
.Cote d'ivoire (1)
.Misiri (1)
.Ghana (1)
.Guinea (1)
.Kenya (1)
.Lesotho (1)
.Mali (1)
.Amazinga ya Maurice (1)
.Madagascar (1)
.Maroc(1)
.Mozambique (2)
.Nigeria (3)
.Senegal (1)
.Afrika y'Epfo (1)
.Sudan (1)
.Tanzania (1)
.Uganda (1)
Aba bakardinali bashyashya 13 batowe na Papa Francis bazemezwa kuri iyo mirimo ku wa 28 Ugushyingo nk'uko bivugwa n'ikinyamakuru gitangaza amakuru ya Vatican.
Muri bo harimwo uwitwa Mauro Gambetti wari usanzwe ari umupadiri.
Umurimo wa Kardinali
Urwego rw'Abakardinali rumeze nka Leta ya Papa. Bamwe bakorera i Vatican abandi bakaguma gukorera mu bihugu byabo bakajyayo igihe batumijwe.
Amategeko abagenga avuga ko Abakardinali igikorwa cyabo cya mbere ari ugutora umu Papa mushyashya iyo usanzwe ahari apfuye cyangwa yeguye ku mirimo ye.
Gusa muri bose, 120 ni bo baba bagize inama itora Papa mushyashya.
Bashingwa kandi iyindi mirimo itandukanye harimo gukurikirana ibikorwa by'Abasenyeri, guhagararira amashuri ya Kiliziya, ivugabutumwa, bakagira n'inteko ishinzwe Inkiko eshatu za Kiliziya.
Abakardinali kandi baba bashinzwe guhagararira Diyoseze mu bihugu bakomokamwo.
Abakardinali bambara ibara ry'umutuku ku byo amategeko ya Kiliziya asobanura ko baba 'biteguye kumena amaraso yabo mu gukorera uwo basimbuye intumwa Petero.'