Ntiwari uwa Gatandatu mwiza ku bakinnyi b'abanyarwanda bakina hanze ya rwo, amakipe yabo ntiyabashije kwitwara neza, biba bibi kurushaho kuri Yannick Mukunzi wahawe ikarita itukura mu mukino ikipe ye yanganyijemo na Örebro Syrianska.
Mu cyiro cya mbere muri Armenia, ku munsi w'ejo ku wa Gatandatu, Pyunik FC ikinamo Nirisarike Salomon ntabwo yahiriwe kuko yatsinzwe na Van 1-0 mu mukino w'umunsi wa 3. Ni umukino Nirisarike Yakinnye.
Iyi kipe ikaba ikomeje kugorwa n'intagiriro za shampiyona kuko mu mikino 3 batsinzwe 2 banganya 1, ubu bari ku mwanya wa 9 n'inota 1 mu gihe Van ya mbere ifite 6.
Mu gihugu cy'u Bubiligi n'aho ibintu bikomeje kuba bibi kuri Waasland Beveren ikinamo Djihad Bizimana, ni nyuma yo gutsindwa na OH Leuven 3-1 mu mukino w'umunsi wa 4 wa shampiyona, wabaye umukino wa 3 wikurikiranya iyi kipe itsinzwe, baheruka gutsinda mu mukino ufungura shampiyona.
Djihad Bizimana akaba yinjiye mu kibuga asimbura ku munota wa 82. Iyi kipe iri ku mwanya wa 14 n'amanota 3, Beerschot ya mbere ifite 9.
Mu cyiciro cya 3 muri Sweden, n'ubwo ikipe ye yabonye inota 1 nyuma yo kunganya na Örebro Syrianska 2-2, ntiwari umunsi mwiza kuri Yannick Mukunzi kuko yaje kubona ikarita itukura hakiri kare ku munota wa 34. Yavuye mu kibuga ari 1-1, umukino urangira ari 2-2.
Iyi kipe ikaba iri ku mwanya wa 6 n'amanota 23 mu gihe Vasuland ya mbere ifite 34.
source http://isimbi.rw/siporo/article/uwa-gatandatu-mubi-ku-bakinnyi-yannick-mukunzi-dijahd-bizimana-na-nirisarike-salomon