Ubuzima butangaje bwa Kanyombya mu gisirikare yamazemo imyaka 10(VIDEO) #rwanda #RwOT

webrwanda
0
By Our Reporter


Ndjoli Kayitankore wamamaye muri sinema n'itangazamakuru nka Kanyombya, ni umwe mu basirikare barwanye urugamba rwo kuboora igihugu aho yamazemo imyaka 10.
Kanyombya yinjiye mu gisirakare mu 1992, aganira na ISIMBI avuga ko atabitewe no gushaka amafaranga ahubwo byatewe no gukunda igihugu, yumva yafatanya n'abandi bitewe n'ibihe yabonaga u Rwanda rurimo.
Yinjira mu gisirikare akaba yarinjiriye ku Murindi wa Byumba, ubu ni mu Mujyaruguru mu karere ka Gicumbi.
Avuka ko ikintu gikomeye yigiye mu gisirikare ngo ukutareba ku nyungu ze gusa ahubwo akareba no ku nyungu z'abandi.
Yagize ati“ikintu gikomeye nigiyemo ni ukwiyobora ariko nkayobora n'abandi, si ukureba ku nyungu zanjye ahubwo nkareba no ku nyungu z'abandi, bivuze ko ndiho kugira ngo n'abandi babeho ntabwo ndiho kugira ngo mbeho njyenyine.”
Mu myaka 10 yamazemo ikintu atazibagirwa ari uburyo we n'inkotanyi babohoye igihugu aho yibuka cyane indirimbo bazaga baririmba.
Kanyombya yamaze imyaka 10 mu gisirikare
Rena ikiganiro na Kanyombya

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)