Nyuma y'uko ikipe ya Police FC itandukanye na rutahizamu Songa Isaie, iyi kipe yanatandukanye n'umukinnyi Kubwimana Cedric bakunze kwita Jay Polly.
Ku wa Kabiri w'iki cyumweru ni bwo ikipe Police FC yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wa yo, Songa Isaie, kuri iyi nshuro yamaze no kurekura Kubwimana Cedric.
Uyu musore usatira anyuze ku mpande wari usoje umwaka umwe mu myaka 2 yari yayisinyiye, yandikiye Police FC ayisaba ko basesa amasezerano, iyi kipe na yo ikaba yamurekuye ngo ajye gushakira ahandi.
Uretse uyu musore batandukanye, amakuru avuga ko iyi kipe yamaze kongera amasezerano abakinnyi 3, rutahizamu Iyabivuze Ose, Uwimabazi Jean Paul na Usabimana Olivier aho buri umwe yongereye imyaka 2.
Kubwimana Cedric yatandukanye na Police Fc
Uwimbabazi Jean Paul yongereye amasezerano muri Police Fc
Usabimana Olivier na we yongereye amasezerano y'imyaka 2
Rutahizamu Iyabivuze Ose yongereye amasezerano y'imyaka 2
source http://isimbi.rw/siporo/article/police-fc-yatandukanye-n-umukinnyi-wa-2-yongerera-amasezerano-abandi-3