Irebere ubwiza bw’igipope cyifashiswa mu gutera akabariro kikiri isugi kigiye kugurishwa asaga miliyoni 10 #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ikigo gikora ibipupe byifashishwa mu gutera akabariro cyitwa Eve’s Robot Dreams,cyatangaje ko cyashyize mu cyamunara ubusugi bw’ igipupe kitarakoreshwa na rimwe mu gutera akabariro aho ufite akayabo ka miliyoni 10 FRW azacyegukana akishimisha.

Ubu bukangurambaga bwo kugura ubusugi bw’iki gipupe cyifashishwa mu gutera akabariro ngo bwashyizweho n’ikigo kibikora mu rwego rwo gufungura inzu yakira abashaka gukorana imibonano mpuzabitsina n’ibi bipupe.

Abakora ibi bipupe bavuze ko ubusugi bw’iki gipupe aricyo kintu abakiriya bagura mu rwego rwo kubatera inkunga ngo bafungure iyi nzu.

Aba bakora ibi bipupe bavuze kandi ko ngo bahisemo gushyira mu cyamunara ubusugi bw’iki gipupe mu rwego rwo kubahiriza uburenganzira bwabyo ndetse no kwirinda ko ngo byazivumbura mu gihe kizaza.

Unicole Unicron ikora ibi bipupe ngo ibi bipupe mu myaka iri imbere bigiye kuzajya bihagurutsa abakire bakaza gupiganira kugura ubusugi bwabyo utanze menshi akacyegukana.

Iki kigo cyavuze ko amafaranga azava muri iki cyamunara azakoreshwa mu kubaka inyubako nini yo kubigurishamo yatatswe n’umunyabugeni witwa Marina Fini.

Abashyitsi ngo bazajya bahabwa ibyumba byihariye byo gukorana imibonano mpuzabitsina ariko ngo nanone hari icyumba kigari bose bazajya bahuriramo batsura umubano mwiza n’ibi bipupe bikoreshwa mu busambanyi hifashijwe ikoranabuhanga rya Telefoni [smartphone app].

Iyi kompanyi yavuze ko iyi nzu yo gukoreramo imibonano mpuzabitsina n’ibi bipupe yagenewe abantu bashaka kwishimishiriza kuri ibi bikoresho by’ikoranabuhanga.



source https://www.hillywood.rw/?p=74282
Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)