U Rwanda ni rwo ruzakira Igikombe cya Afurika cy'amakipe yabaye aya mbere iwayo mu mukino wa Volleyball cya 2026, ni nyuma y'amasezerano rwasinyanye n'Impuzamashyirahamwe y'umukino wa Volleyball muri Afurika(CAVB).
Ni nyuma y'uruzinduko rw'akazi Umuyobozi wa CAVB, Bouchra Hajij yagiriye mu Rwanda aho yahageze ku wa Gatatu ni njoro.
Ubwo yari ageze ku Kibuga cy'Indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe akaba yarakiriwe na Perezida w'Ishyirahamwe ry'umukino wa Volleyball mu Rwanda, Raphael Ngarambe.
Ejo hashize ku wa Kane tariki ya 5 Werurwe 2026 mu gitondo bakaba barahuye na Minisitiri wa Siporo, Nellly Mukazayire ari nabwo hasinywe aya masezerano yo kuzakira iki gikombe cya Afuruka cy'amakipe yabaye aya mbere iwayo.
Iki gikombe kizaba kiba ku nshuro ya 47, giteganyijwe kuzaba guhera tariki ya 20 Mata kugeza kuya 3 Gicurasi 2026. Ni igikombe igihugu cyakiriye gihagararirwa n'amakipe ane yitwaye neza mu mwaka ushize (utari urimo gukinwa), bivuze ko ari APR VC, Police VC, REG VC na Kepler VC.
Umwaka ushize iki gikombe kikaba cyarabereye Libya aho u Rwanda rwari ruhagarariwe n'ikipe ya APR VC ni mu gihe muri 2022 Gisagara VC yakoze amateka yo kuba ari yo kipe yo mu Rwanda yegukanye umudali ubwo yabaga iya gatatu mu irushanwa ryabereye muri Tunisia.
Source : http://isimbi.rw/u-rwanda-rugiye-kwakira-igikombe-cya-afurika.html