Mu Mujyi wa Kigali ugenda urushaho kuba igicumbi cy'imyidagaduro n'ubukerarugendo, hari ahantu hamaze kumenyekana cyane kubera serivisi nziza n'amafunguro ateguye ku rwego rwo hejuru. Aho ni Ti'Amo Lounge Bar & Resto iherereye i Remera imbere ya gare, hafi ya station ya ORXY.
Abakunda gusohoka bakeneye amafunguro ateguwe neza cyangwa bbakeneye kuruhuka mu mutwe mu buryo butandukanye Ti'Amo Lounge ni hamwe mu hantu heza umuntu ashobora gusangamo amafunguro ateguwe kinyamwuga kandi aryoshye. Ubuyobozi bw'iyi lounge buvuga ko intego yabo ari uguha abakiriya serivisi nziza, amafunguro ateguwe neza ndetse n'ikirere cy'imyidagaduro gituma uwahageze yifuza kongera kuhagaruka.
Ti'Amo Lounge ifite ubwoko butandukanye bw'amafunguro arimo ay'iwacu ndetse n'ayo mu mahanga, ategurwa n'abatetsi babifitiye ubunararibonye. Ibi bituma umuntu wese wahageze abasha kubona ifunguro rimunyura bitewe n'ibyo akunda.
Uretse amafunguro, Ti'Amo Lounge yamenyekanye cyane mu bijyanye n'imyidagaduro. Mu mpera z'icyumweru hakunze kubera ibitaramo by'abahanzi batandukanye, DJ bashyushya igitaramo ndetse n'ibindi bikorwa bishimisha abakiriya. Ibi bituma hahora ibyishimo n'abantu bishimira umwanya wabo.
Abakiliya bakunze kuhagana bavuga ko ikindi gituma bakunda Ti'Amo Lounge ari uburyo bwiza bwo kwakira abantu, isuku ndetse n'aho bicara hatekanye kandi hatuma umuntu aruhuka neza.
Niba rero uri i Kigali ukaba ushaka aho wafatira amafunguro aryoshye cyangwa aho waruhukira usangira n'inshuti zawe mu kirere cy'imyidagaduro, Ti'Amo Lounge i Remera ni hamwe mu hantu utagomba gucikwa. Aho ni ho amafunguro meza ahurira n'imyidagaduro iryoshye muri uyu Mujyi wa Kigali.



Source : https://kasukumedia.com/rekeraho-guhangayikishwa-naho-wakura-amafunguro-ateguwe-neza/