Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame, yakurikiye umukino ukomeye wa 1/8 cy'irangiza mu irushanwa rya UEFA Champions League, aho ikipe ya Paris Saint‑Germain yanyagiye Chelsea FC ibitego 5-2.
Uyu mukino wabaye ku wa Gatatu kuri stade ya Parc des Princes i Paris mu Bufaransa, mu mikino ibanza ya 1/8 cy'iri rushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w'u Burayi.
PSG yatangiye umukino iri ku muvuduko mwinshi cyane, maze ku munota wa 10 gusa Bradley Barcola afungura amazamu atsinda igitego cya mbere. Ibyishimo by'abafana ba PSG byakomeje kwiyongera ubwo ku munota wa 40 Ousmane Dembélé yatsindaga igitego cya kabiri, igice cya mbere kirangira PSG iyoboye umukino.
Mu gice cya kabiri, Chelsea yagerageje kwisubiraho, maze Malo Gusto atsinda igitego cya mbere cy'iyi kipe ku munota wa 28, nyuma y'aho Enzo Fernández nawe atsinda icya kabiri ku munota wa 57.
Gusa PSG ntiyacitse intege, kuko ku munota wa 74 Vitinha yatsinze igitego cya gatatu, mbere y'uko Khvicha Kvaratskhelia atsinda ibitego bibiri bikurikiranye, byatumye PSG isoza umukino itsinze ibitego 5-2.

Uyu mukino wakurikiwe n'abakunzi benshi b'umupira w'amaguru ku Isi, barimo na Perezida Kagame usanzwe azwiho gukunda cyane siporo cyane cyane ruhago. Intsinzi ya PSG itumye igira amahirwe akomeye yo gukomeza muri 1/4 cy'irangiza mbere y'umukino wo kwishyura uzabera mu Bwongereza.
