Umunyarwanda yasinyiye ikipe yo mu cyiciro cya mbere i Burayi #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Niyo David yamaze gusinyira NK Veres Rivne yo muri Ukraine amasezerano y'imyaka 5.

Uyu mukinnyi ukina mu kibuga hagati wari intizanyo ya Intare FC muri Kiyovu FC, ku Cyumweru, tariki ya 22 Gashyantare 2026, ni bwo iyi Kipe yo mu Cyiciro cya Mbere muri Ukraine yamutangaje nk'umukinnyi wayo mushya.

Mu bitumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga yagize iti 'Umukinnyi mushya wa kane wo wa Rivne Veres yabonetse. David Niyo w'imyaka 18 yemeranyije n'ikipe amasezerano y'imyaka itanu.'

Yongeyeho yishimiye kugura "Umwe mu bakinnyi beza bakiri bato muri Shampiyona y'u Rwanda.'

Niyo David w'imyaka 18, yavukiye i Musanze mu Majyaruguru, akaba yaratangiye guhamagarwa mu ikipe y'igihugu nkuru aho yakiniye iz'abato batarengeje imyaka 15, 17 na 20.

Niyo David amakuru avuga ko ashobora kuzajya ahembwa amafaranga y'u Rwanda miliyoni 2, abaye umunyarwanda wa kabiri ugiye gukina muri iki gihugu nyuma ya Djihad Bizimana wakinagayo mu myaka mike itambutse.

Niyo David yasinye inyaka itanu muri Ukraine



Source : http://isimbi.rw/umunyarwanda-yasinyiye-ikipe-yo-mu-cyiciro-cya-mbere-i-burayi.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)