Polisi y'u Rwanda ikomeje iperereza ku mpanuka y'imodoka yahitanye abantu babiri mu gace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026 kabaye uyu munsi.
Ni nyuma y'uko Ubuyobozi bwa Tour du Rwanda, bwatangaje ko abantu babiri baguye mu mpanuka y'imodoka zibanza imbere y'amagare, abandi batandatu bagakomereka mu gace ka mbere ka Gicumbi-Rwamagana.
Iyi mpanuka yabaye kuri iki Cyumweru tariki ya 22 Gashyantare 2026 aho imodoka zirimo ibigo byamamaza muri iri siganwa zari zigeze mu Karere ka Gatsibo, i Gabiro, imwe yataye umuhanda igonga abafana bari ku muhanda.
Abantu babiri muri bo bahise bitaba Imana, abandi batandatu bakomeretse bahita bihutanwa kwa muganga, mu gihe Polisi y'u Rwanda iri gukora iperereza ku cyateye iyo mpanuka.
Source : http://isimbi.rw/polisi-ikomeje-iperereza-ku-mpanuka-yahitanye-babiri-muri-tour-du-rwanda.html