APR FC yamaze gutangaza ko yasinyishije myugariro wo mu mutima w'ubwugarizi, Ishimwe Abdul avuye muri Mukura VS.
Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, APR FC yagize ati "Indi ntare yiyunze ku zindi, ikaze mu muryango wa APR FC, Ishimwe Abdul."
Ishimwe Abdul akaba yasinyiye APR FC amasezerano y'imyaka ibiri akaba aje kongera imbaraga muri APR FC mu bwugarizi bwayo.
Byari byateje imvururu
Guhera mu mpera z'ukwezi gushize ni bwo hatangiye intambara hagati ya Intare FC na Mukura VS kubera Ishimwe Abdul.
Ku wa Kane w'icyumweru gishize ni bwo haje amakuru y'uko Niyigena Clement agiye muri Al Hilal ni nabwo Intare FC yari yandikiye Mukura VS ivuga ko yasheshe amasezerano nayo ubwo baguraga Ishimwe Abdul kuko batayubahirije. Amakuru yavugaga ko ari we ugiye gusimbura Niyigena Clement.
Bivugwa ko iyi kipe ya Intare FC ikina icyiciro cya kabiri yahise itumizaho Ishimwe Abdul na Mukura VS iyoberwa aho ari.
Mukura VS ikaba yarahise yandikira FERWAFA ngo ibakemurire iki kibazo.
Ishimwe Abdul yageze muri Mukura VS muri 2023 atijwe imyaka 2, ayisoje yongeye kumutira Intare ariko ibabwira ko adatizwa ahubwo bamugura.
Ishimwe Abdul wari usigaje umwaka umwe w'Intare yasinyiye Mukura VS imyaka 3 nyuma yo kumvikana na Intare FC miliyoni 10 z'amafaranga y'u Rwanda.
Mu masezerano bumvikanye ko bahita bishyura miliyoni 5 Frw izindi miliyoni 5 Frw akazishyurwa tariki ya 3 Gashyantare 2026.
Iki gice cya mbere ntabwo cyahise cyishyurwa ahubwo babonye ko Intare FC ibabwiye ko basheshe amasezerano kubera batubahirije ayo bagiranye, Mukura VS yahise yishyura miliyoni 10 zose.
Amakuru ISIMBI yamenye ni uko FERWAFA imaze kumva impande zombi yanzuye ko Mukura VS yishe amasezerano nkana bityo ko Abdul yasubira mu Intare FC. Amakuru avuga ko uyu mukinnyi ari mu muryango winjira muri APR FC bamaze kumvikana.
ISIMBI kandi yamenye amakuru ko Mukura VS yamaze kujuririra iki cyemezo cya FERWAFA.
Source : http://isimbi.rw/apr-fc-yatangaje-myugariro-mushya.html