Amavubi y'abatarengeje imyaka 17 ntabwo arimo kugirira ibihe byiza muri Ethiopia mu irushanwa rya CECAFA U17 kuko buri kipe irimo kuza ikayatsinda uko yishakiye, yamaze no gusezererwa muri iri rushanwa.
Ni nyuma y'uko uyu munsi yatsinzwe Somalia 3-0, uba umukino wa gatatu wikurikiranya itsinzwe muri iri rushanwa aho ataratsinda umukino n'umwe.
Muri uyu mukino wabereye ku kibuga cya Abebe Bikila Stadium kiri mu Mujyi wa Addis Ababa, Amavubi yagiye kuwukina abizi neza ko ari wo rufunguzo rwo kuba yarenga itsinda A kuko imikino ibiri ya mbere yose yayitakaje.
Somalia yari ifite amanota atatu nayo yashakaga gutsinda uyu mukino. Amakipe yombi yagiye kuruhuka ari ubusa ku busa.
Somalia yabonye igitego cya mbere ku munota wa 58 cyatsinzwe na Mohamud Osman wafashe umupira akinjirana ubwugarizi bw'u Rwanda agahita atsinda.
Somalia yakomeje kurusha Ingimbi z'u Rwanda, yabonye igitego cya kabiri ku munota wa 84 cya Mohamud Osman mu gihe Abdiqafar Abdullahi yatsinze icya gatatu ku munota wa 85.
U Rwanda rwamaze gusezererwa rusigaje umukino umwe uzaruhuza na Sudani y'Epfo, ubu ni urwa nyuma mu Itsinda A n'amanota 0.
Source : http://isimbi.rw/amavubi-akomeje-guhondwa-nk-ingoma-muri-cecafa.html