Abahanzi b'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Chryso Ndasingwa na Sharon Gatete basezeranye imbere y'amategeko
Aba bombi basezeraniye mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, kuri uyu wa Kane tariki 4 Nzeri 2025.
Ni mu gihe biteganyijwe ko ku wa 22 Ugushyingo 2025 ari bwo bazakora ubukwe.
Ni nyuma y'uko ku wa 25 Kamena 2025 ari bwo Ndasingwa yambitse impeta umukunzi we.
Ni umuhango wari ukurikiye uwo gufata irembo wabaye ku wa 22 Kamena 2025, ari nabwo benshi bamenye inkuru y'urukundo rwabo cyane ko mu mwaka bari bamaranye, abantu batari barigeze barutahura.