Umuhanda mugari ugana ku kibuga Mpuzamahanga cy'Indege cya Kigali uzafungwa by'agateganyo - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

RAC yatangaje ko umuhanda uva Remera ku Kibuga cy'Indege uzaba ufunzwe guhera ku wa 20-28 Nzeri 2025.

Icyakora yatangaje ko hazajya hagenwa indi mihanda ishobora kuzifashishwa n'abagana cyangwa abava ku kibuga cy'Indege Mpuzamahanga cya Kigali.

Ubutumwa bukomeza buti 'Guhera ku wa 20-28 Nzeri 2025 umuhanda munini wa Remera-Ku Kibuga cy'Indege uzafungwa by'abagateganyo ku manywa. Polisi y'Igihugu yagennye indi mihanda ishobora kuzifashishwa. Tuzajya tubagezaho amakuru agezweho ku gihe cyo gufunga no gufungura umuhanda.'

Shampiyona y'Isi y'Amagare izaca mu bice byinshi by'Umujyi wa Kigali ariko bizagenda bitandukana bitewe n'iminsi, ndetse kuri ubu bisa n'ibiri mu bice bine.

Igice cya mbere kizaba kigizwe n'ibizwi nka 'Time Trial', umunsi ahaguruka wenyine, ni ukuva ku munsi wa mbere (tariki ya 21 Nzeri) kugeza ku wa gatatu (tariki ya 23 Nzeri), aho amasiganwa azajya ahagurukira muri BK Arena ari na ho hazabera ibirori byo gufungura Shampiyona y'Isi, abakinnyi bafate umuhanda wa Kimironko- Simba Supermarket- Gisimenti- Prince House- Sonatube- Gahanga (bakatire ku Mugendo ku munsi wa mbere, bakatire mu Isantere ku munsi wa kabiri, bakatire kuri Gare ya Nyanza ku munsi wa gatatu].

Bazajya bagaruka banyure Sonatube- Rwandex- mu Kanogo [ku munsi wa mbere bazajya kuzenguruka ku masangano (Rond-point) yo mu Mujyi bongere bagaruke, ku munsi wa kabiri n'uwa gatatu ho bazagera mu Kanogo bahite bakomeza Cadillac- Kwa Mignone ku muhanda w'amabuye, basoreze kuri Kigali Convention Centre (KCC).

Umunsi wa gatanu, uwa gatandatu n'uwa karindwi, amasiganwa azakorerwa KCC- Gishushu- Nyarutarama- mu Kabuga- Golf- Minagri- hafi yo kuri KCC- Ambasade y'Abaholandi- Kimihurura- Cadillac- Kwa Mignonne- KCC.

Iyi nzira ni na yo izakoreshwa ku munsi wa nyuma, tariki ya 28 Nzeri 2025, ariko abakinnyi nibagera ahahoze Cadillac bahite bafata umuhanda wa Sopetrade- Peyaje- Rondpoint yo mu Mujyi- Muhima- Nyabugogo- Ruliba- Norvège- Nyamirambo- Kimisagara- Kwa Mutwe [Mur de Kigali]- Biryogo- Gitega- mu Mujyi- Sopetrade- kwa Mignone- KCC.

Shampiyona y'Isi y'Amagare izabera mu Rwanda izaba igizwe n'inzira y'ibilometero 267,5.

Uyu muhanda ukunze kunyuramo ibinyabiziga byinshi
Umuhanda mugari ugana ku Kibuga cy'Indege Mpuzamahanga cya Kigali uzafungwa by'agateganyo



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umuhanda-mugari-ugana-ku-kibuga-cy-indege-mpuzamahanga-cya-kigali-uzafungwa-by

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)