Rayon Sports ibura abakinnyi 3 babanza mu kibuga, iratangira shampiyona ikina na Kiyovu Sports.
Ni umukino uteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 13 Nzeri 2025 kuri Kigali Pelé Stadium saa 18h30'.
Ni umukino Rayon Sports igiye gukina ibura abakinnyi batatu bose iyo ari bazima baba babanza mu kibuga, akaba ari ukubera imvune.
Bayobowe na rutahizamu Fall Ngagne we umaze igihe yaravunitse, guhera umwaka ushize w'imikino mu ntangiriro y'imikino yo kwishyura.
Ubu nibwo arimo kugenda agaruka aho yatangiye gukora imyitozo ariko akaba agifite ukwezi hanze y'ikibuga.
Hari myugariro Emery Bayisenge wavunikiye ku mukino wa Vipers FC, amakuru we avuga ko ku mukino wa Singida Black Stars azaba yiteguye.
Hari kandi Mohammed Chelly, umunya-Tunisia uheruka gusinyira Gikundiro ariko akaba yaragize imvune ituma atarimo kugaragara mu mikino ya Rayon Sports.
Umunsi wa mbere wa shampiyona
Ku wa Gatanu tariki ya 12 Nzeri 2025
Gorilla FC 2-0 AS Muhanga
Ku wa Gatandatu tariki ya 13 Nzeri 2025
Bugesera FC vs Gicumbi FC
Etincelles vs Gasogi United
Mukura VS vs Musanze FC
Police FC vs Rutsiro FC
Kiyovu Sports vs Rayon Sports
Ku Cyumweru tariki ya 14 Nzeri 2025
AS Kigali vs Amagaju