APR FC na none muri CECAFA biranze, isezerewe nabi (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

webrwanda
0

APR FC isezerewe itageze ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup itageze ku mukino wa nyuma, ni nyuma yo gutsindwa na Al Hilal ibitego 3-1.

Yari inshuro ya kabiri yikurikiranya APR FC na Al Hilal zihurira muri 1/2 cya CECAFA Kagame Cup kuko n'umwaka ushize zarahuye APR FC iyisezerera kuri penaliti.

APR FC yari yakiriye abakinnyi ba yo bari mu mu makipe y'ibihugu barimo Omborenga Fitina na Niyomugabo Claude babanje mu kibuga, hari Ishimwe Pierre, Mugisha Gilbert, Ronald Ssekiganda na Denis Omedi bari ku ntebe y'abasimbura.

Abasore ba APR FC wabonaga bashaka igitego hakiri kare ndetse baba bakibonye ariko Hakim Kiwanuka umupira yacomekeye Togui ari wenyine ntiwamugeraho.

Aya makosa baje kuyakosora ku munota wa 31 nyuma yo gukinana neza ku mupira Omborenga Fitina yahaye Memel Raouf Dao agahindura imbere y'izamu maze William Togui Mel agahita ashyira mu izamu.

Al Hilal yo muri Sudani iba yishyuye iki gitego ariko umunyezamu Ruhamyankiko Yvan ababera ibamba aho hari umupira w'umutwe ukomeye yakuyemo. Amakipe yagiye kuruhuka ari 1-0.

Mu gice cya kabiri Al Hilal yokeje igitutu APR FC yarimo irushwa cyane.

Umutoza wa APR FC, Taleb yaje gukora impinduka akuramo William Togui Mel na Memel Raouf Dao hinjiramo Mugisha Gilbert na Lamine Bah.

Aha APR FC yarushijwe cyane binatuma bishyurwa igitego ku munota wa 81 cyatsinzwe na Abdelrazig Taha. Umukino warangiye ari 1-1.

Bahise bongeraho iminota 30 maze ku munota wa 93, ku makosa ya Ruboneka Bosco wasubije umupira inyuma ntugere kuri Ruhamyankiko Yvan, Sunday Damilare yatsindiye Al Hilal igitego cya kabiri.

APR FC yari yageze ku mukino wa nyuma umwaka ushize, inzozi zaje kurangira ku munota w'106, ubwo Ahmed Salem yatsindiraga Al Hilal igitego cya 3. Umukino warangiye ari 3-1.



Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11851

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)