Nyuma y'uko rutahizamu wa Nigeria, Victor Osimhen avuye mu kibuga kubera imvune, Niyomugabo Claude bahuriye ku mupira ntabwo arahabwa agahenge aho bamubwira ko yakoze ku mukinnyi udakorwaho.
Hari mu mukino w'umunsi wa 7 w'itsinda C mu gushaka itike y'igikombe cy'Isi cya 2026 wabaye ku wa Gatandatu w'icyumweru gishize Nigeria igatsinda Amavubi 1-0.
Mbere y'uko igice cya mbere kirangira, Niyomugabo Claude usanzwe ukinira APR FC yahuye na rutahizamu Victor Osimhen maze atera 'tackle', byaviriyemo uyu mukinnyi kuvunika cheville ava mu kibuga ndetse ahita anava mu mwiherero w'ikipe y'igihugu ya Nigeria.
Kuva ku wa Gatandatu kugeza uyu munsi abafana b'ikipe y'igihugu ya Nigeria ndetse n'iya Galatasaray S.K muri Turikiya akinira ntabwo baratuza.
Bagiye ku ifoto ye y'ikipe y'igihugu Amavubi aheruka gushyiraho batangira kumwibasira.
Bamwe bamubwira ko nta kindi ari cyo uretse kuba ari inyamaswa.
Abandi bamubwiraga ngo ntazigere na rimwe yongera kugaruka muri Turikiya kuko azabyishyurira.
Ngo no muri Turikiya, Victor Osimhen ntabwo akorwaho rero ukuntu we yabitinyutse ntabwo byumvikana.
Gusa hari n'abafana ba Fenerbahçe (mukeba wa Galatasaray)bamushimiye bavuga ko yagize neza ndetse basaba ubuyobozi kumusinyisha.
Gusa nyuma y'uyu mukino hari amashusho yagaragaye Niyomugabo Claude arimo asaba Osimhen imbabazi amubwira ko atabishakaga.