KNC azigaye yabeshye Ababanyarwanda - Umunyamakuru Ishimwe Ricard agifungurwa amuhaye ubutumwa #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umunyamakuru wa SK FM, Ishimwe Ricard nyuma yo gufungurwa yabwiye KNC wavuze ko yakuwe munsi y'igitanda akwiye kwigaya kubera ko yabeshye ababanyarwanda.

Mu ntangiriro za Kanama 2025 nibwo Ishimwe Ricard umunyamakuru w'imikino wa SK FM yafunzwe akurikiranyweho ibyaba birimo kuba icyitso mu gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe byakozwe binyuze muri Minisiteri y'Ingabo.

Byari bifitanye isano n'amatike y'indege yagendeyeho agiye mu Misiri kubera umukino wa APR FC na Pyramids FC wabaye umwaka ushize.

Si we wenyine hari n'abandi bari muri dosiye imwe aho bavugaga ko bo bishyuye amatike ariko MINADEF yo ikavuga ko amafaranga yavuye kuri konti yayo.

Tariki ya 29 Kanama 2025 nibwo basomewe ku ifungwa n'ifungurwa by'agateganyo maze Urukiko rwa Gisirikare rwemeza ko barekurwa by'agateganyo.

Uyu munsi nibwo Ricard yongeye kumvikana kuri SK FM atangiye akazi, yavuze uko byagenze ngo afatwe.

Ricard yasobanuye ko mbere y'uko ajya kwitaba yari yahamagawe ni joro abasaba ko yazanirwa 'Convocation' ku kazi, bwarakeye barayizana anasinyira ko yitaba saa munani.

Yavuze ko yavuye ku kazi abwiye Sam Karenzi ati "Namubwiye ngiye guca Velvett gato nkahita njya kwitaba, sinahageze kuko nashakaga ko amasaha agera nagezeyo."

"Navuganye na Scovia (Umuyobozi wa RMC) ndimo ninjira mubwira ko umunyamategeko naza ahasanga, namubwiye ko barimo kunyaka telefoni arambwira ngo nta kibazo."

Yakomeje avuga ko KNC akwiye kuzigaya bitewe n'amagambo yatangaje asa n'uwishimiye ko afungwa.

Ati "KNC azigaye yabeshye ababanyarwanda sinzi impamvu yahisemo kubabeshya, yahimbye ibinyoma bitabaye, yakininiye ku izana ryanjye, ndi umunyarwanda uzi icyo amategeko avuze, wubahiriza amategeko, ku myaka yanjye ni ubwa mbere nari mpamagajwe n'urwego urwo ari rwo rwose."

"Nta bwoba nari mfite ubwo ari bwo bwose butuma mpamagazwa n'urwego rw'umutekano ngo njye kwihisha, yarababeshye rwose niba byari bimushimishije ko abivuga muri ubwo buryo nta kibazo ku mutima wanjye naramubabariye nta kibazo dufitanye ariko ibyo yavuze sibyo 150% cyangwa 1000%, aho hantu munsi y'igitanda ntaho bankuye, umugabo natanga ni Scovia Umuyobozi wa RMC ninjiye muri 'auditorat' tuvugana."

Ubwo yafatwaga agafungwa, Umuyobozi wa Radio&TV1 Kakooza Nkuriza Charles [KNC] mu kiganiro Rirarashe yatangaje ko Ricard bamukuye munsi y'igitanda cy'akabari ka Velvett ari yo yagiye kwihisha.

Yavuze ko mu kwezi bamaze bafungiwe kuri Gereza ya Gisirikare ku Mulindi nta kibazo na kimwe bagize kuko bari bafashwe neza.

Ricard yasabye KNC kuzigaya
KNC yavuze ko bamukuye mu gitanda



Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11750

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)