Intego ni ugutwara CECAFA n'umutoza arabizi - Chairman wa APR FC #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umuyobozi wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa yavuze ko intego ikipe yahagurukanye mu Rwanda yerekeza muri Tanzania ari ukwegukana CECAFA Kagame Cup.

Guhera ejo ku wa Kabiri tariki ya 2 Nzeri kugeza 15 Nzeri muri Tanzania hazaba habera CECAFA Kagame Cup.

U Rwanda ruzaba ruhagararirwe na APR FC yahagurutse mu Rwanda ejo hashize yerekezayo.

Chairman wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa yabwiye ISIMBI ko nta kindi kibajyanye uretse kwegukana iyi CECAFA.

Ati "Intego ni ukwegukana CECAFA, ni ukukizana, umutoza ni yo ntego, abakinnyi ni yo ntego."

Umwaka ushize APR FC ikaba yaratsindiwe ku mukino wa nyuma na Red Arrows yo muri Zambia.

APR FC ikaba izatangira irushanwa ejo ku wa Kabiri ikina na Bumamuru yo mu Burundi.

Chairman wa APR FC yavuze intego ari ukwegukana CECAFA Kagame Cup
APR FC yerekeje murj Tanzania ejo hashize ku Cyumweru



Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11746

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)