Ubuyobozi bwa APR FC bwavuze ko imodoka izajya itwara abakinnyi b'iyi kipe yatinze kuza kubera ko hari ibyo bifuza bizaba birimo bisaba ko ari imodoka igomba gukorwa atari ukugura iyarangiye.
Muri Gashyantare 2025 ni bwo ubuyobozi bwa APR FC bwari bwavuze ko mu minsi 45 'Bus' y'abakinnyi izaba yageze i Kigali.
Mu kiganiro cy'umwihariko yahaye Ikinyamakuru ISIMBI, Chairman wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa yavuze ko bus yatangiye gukorwa ariko uko bifuza ko izaba imeze ari byo byayitindije.
Ati "Bus yo ndibaza ko umuterankunga wacu mukuru ari we MINADEF yatanze 'commande' kandi byarakozwe, gusa habayemo ikibazo, bus twifuzaga ni imodoka ifite uko ikozwe atari iyo bagurisha mu isoko yararangiye gukorwa."
"Ifite ibintu by'ingenzi bigomba kujyamo, igomba gukorwa mu ruganda rero ibyo twabahaye twifuza bizaba biyirimo nibyo byabateye gutinda, ariko ibyo ari byo byose izaza."
Yavuze ko atavuga neza iminsi isigaye ariko agiye kubaza abashinzwe kugura ibikoresho muri MINADEF aho bigeze akazabimenyesha abakunzi ba APR FC.