APR FC izahura na Al Hilal Omdurman mu mukino wa ½ cya CECAFA Kagame Cup uteganyijwe ku wa Gatandatu saa Tanu n'igice za Kigali.
Al Hilal ni yo yayoboye itsinda C n'amanota atanu. Umukino wa nyuma yatsinze Kator yo muri Sudani y'epfo ibitego 3-1 bituma izamuka inganya amanota na Mogadisho City yo muri Somalia yo yatsinze Al Ahly Madani 2-1.
Ku ikubitiro, umukino wa 1/2 cya CECAFA Kagame Cup wagombaga gukinwa kuwa Gatanu saa Sita n'igice za Dar es Salaam, ariko wahinduriwe umunsi ushyirwa ku wa Gatandatu ayo masaha.
Ni inshuro ya kabiri yikurikiranya AL Hilal na APR FC bahurira muri ½ dore ko n'umwaka ushize aya makipe yari yahuriye ku kibuga cya KMC ubwo APR FC yatsindaga kuri penaliti 5-4 nyuma y'aho amakipe anganyirije 0-0.
Kugeza ubu, Djibril Ouatarra utarakinnye imikino ibiri iheruka ntabwo yari yakira, mu gihe Niyigena Clement wagize ikibazo ku mukino wa KMC we yatangiye gukora imyitozo yoroheje.
Uku kwigiza umukino inyuma bishobora kuba amahirwe kuri APR FC kuko n'abakinnyi bari mu makipe y'igihugu bamaze kugera Dar es Salaam bazakina uyu mukino.
Abo ni Omborenga Fitina, Niyomugabo Claude, Ishimwe Pierre bari mu ikipe y'Igihugu Amavubi, Ssekiganda Ronald na Denis Omedi bari mu ikipe y'Igihugu ya Uganda.