Umutoza wa APR FC mu gihe atarabona ikipe ye yizeye izajya ibanza mu kibuga, agiye gukina CECAFA Kagame Cup adafite abakinnyi bagera ku icyenda (9).
Nta gihindutse tariki ya 30 Kanama 2025, irahaguruka mu Rwanda yerekeza muri Tanzania aho izitabira imikino ya CECAFA Kagame Cup kuva tariki ya 2-15 Nzeri 2025, ni mu gihe Tombola yo izaba ejo ku wa Kane.
Mu gihe benshi batekerezaga ko ari icyo gihe cyiza ku ikipe kuba yamenyerana n'umutoza akabona 11 be azajya abanzamo, yisanze mu ihurizo rikomeye kuko izaba ifite abakinnyi benshi badahari kandi bakabaye bubakirwaho, bazaba bari mu ikipe y'Igihugu.
Ku ikubitiro izaba idafite abakinnyi bane bahamagawe mu ikipe y'Igihugu Amavubi barangajwe imbere na kapiteni Niyomugabo Claude, Omborenga Fitina, umunyezamu Ishimwe Pierre, Mugisha Gilbert na Nduwayo Alexis. Aba bakinnyi uretse Gilbert watakaje umwanya na Alexis abandi bose bahanzamo.
Iyi kipe kandi yamaze kwakira ubutumire bw'abakinnyi ba yo bane mpuzamahanga bahamagawe mu makipe y'ibihugu bya bo.
Barangajwe imbere na Ssekiganda Ronald ukomoka muri Uganda, umukinnyi mushya ukeneye igihe cyo kumenyerana n'abagenzi be, hari kandi na Denis Omedi na we ukomoka muri Uganda.
Abandi bahamagawe ni Mamadou Sy wa Mauritania ndetse na Memel Raouf Dao wa Burkina Faso.