Aba bagabo bafashwe ku wa 31 Nyakanga 2025. Umwe muri aba bagabo ufite imyaka 40 wo mu Murenge wa Jabana mu Kagali ka Kidashya, yafatiwe mu rugo iwe afite ikilo cy'urumogi na litiro 6,5 za kanyanga yacuruzaga.
Abandi babiri barimo uw'imyaka 38 n'uwa 40 bafatiwe mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Gahanga bafite ibilo bine by'urumogi na bule 176.
â
âUmuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, yabwiye IGIHE ko bose bafungiye kuri sitasiyo z'aho bafatiwe kugira ngo bakorerwe dosiye bajyanwe mu bugenzacyaha.â
â
Ati 'Polisi ifatanyije n'izindi nzego z'umutekano ndetse n'abaturage, yahagurukiye abantu bacuruza ibiyobyabwenge by'urumogi na kanyanga mu Mujyi wa Kigali ndetse n'ahandi hose mu gihugu kuko byagaragaye ko bigira ingaruka ku buzima bw'abaturage ndetse no guhungabanya umutekano ku babinyweye. Ikindi ni uko binabujijwe mu Rwanda kandi bihanwa n'amategeko.'
â
CIP Gahonzire yasabye abishora mu biyobyabwenge kubireka kuko amayeri yose bakoresha yamenyekanye.
Ati 'Nibashake ibindi bakora kuko ibiyobyabwenge bitagukiza ahubwo byagusubiza inyuma.'
â
â

