BNR mu nzira zo kugabanya ikiguzi cyo guhererekanya amafaranga kuri telefoni kiba gito - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

U Rwanda ni kimwe mu bihugu byatangiye kwimakaza ikoreshwa ry'ikoranabuhanga muri serivisi zose ndetse rwifuza ko abantu bakwitabira no guhererekanya amafaranga hifashishijwe telefoni hatabayeho kuyatwara mu ntoki.

Ni uburyo bugamije koroshya ihererekanya ry'amafaranga no guteza imbere ikoreshwa ry'ikoranabuhanga ariko buracyagaragaramo ingorane zishingiye ku kiguzi cy'izo serivisi.

Dr. Nsengiyumva yavuze ko mu gihugu gishaka kwimakaza gahunda yo kudakoresha inote cyane, amafaranga ya serivisi akatwa aba akwiye kuba make cyane mu kwirinda guca intege abaturage.

Ati 'Icyo kibazo kigenda kigabanyuka ariko aho biri ntabwo bishimishije nk'igihugu kiba gifite gahunda yo kugira ubukungu bushingiye ku ikoranabuhanga mu kwishyurana, ayo mafaranga baca kugira ngo umuntu yishyure yari akwiye kuba make cyane mu buryo bushoboka.'

'Ndavuga make ntabwo mvuga ko adakwiye kubaho kubera ko ibigo na byo biba byakoze ishoramari kugira ngo izo serivisi zishoboke ariko akwiye kuba make ngo adaca intege abantu bazikoresha.'

Yakomeje agaragaza ko BNR iri gukorana n'ibigo by'imari n'ibyitumanaho ku bijyanye no kugabanya ibiciro byo guhererekanya amafaranga kandi ko ari urugendo rutanga icyizere.

Ati 'Turi kuvugana n'ibigo bitandukanye kugira ngo turebe uko twabigabanya. Ntabwo navuga ngo bizarangira ejo ariko turi gukorana n'ikigo cyitwa R-switch ku buryo ibyo kwishyurana byose byanyura muri cyo bikagabanya icyo kiguzi.'

Yavuze ko Leta ishobora kugira uruhare ruto itanga mu kwirinda ko ibigo bitanga izo serivisi bishobora kugwa mu gihombo.

Ati 'Turi gukora ibishoboka byose kugira ngo ku ruhande rw'umuturage ukoresha izo serivisi igiciro kigabanyuke muri ya gahunda y'uko igihugu kigomba gukoresha iherekanyamafaranga hifashishijwe ikoranabuhanga.'

Nyuma yo kubona ko kohererezanya amafaranga no kuyabikura bigifite ikiguzi kiri hejuru, Sosiyete y'itumanaho ya MTN Rwanda yazanye uburyo bwa Momo Pay buhabwa abacuruzi, abamotari n'abandi batanga serivisi.

Gusa ubwo buryo nabwo kuri ubu ntibugikoreshwa na benshi kuko bavuga ko bakatwa amafaranga agera kuri 0,05% kuri buri gikorwa mu gihe umuntu yohererejwe arenze 4000 Frw.

Guverineri Wungirije wa Banki Nkuru y'u Rwanda, Dr. Justin Nsengiyumva, yatangaje ko hatangiye gahunda yo gusuzuma uko amafaranga akatwa mu gihe abantu bahererekanya amafaranga kuri telefoni yagabanuka



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/amafaranga-acibwa-mu-kuyahererekanya-kuri-telefoni-akwiye-kuba-make-cyane-bnr

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)