Kimenyi Yves yasezeye ruhago imburagihe #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umunyezamu Kimenyi Yves yavuze ko yasezeye umupira w'amaguru imburagihe kubera imvune yagize muri 2023.

Uyu munyezamu wakiniye ikipe yose ikomeye mu Rwanda ndetse n'ikipe y'igihugu, yatangaje ko yasezeye gukina burundu, ni nyuma y'imyaka 3 agerageza kugaruka mu kibuga byaranze.

Mu itangazo yasohoye asezera ruhago yagize ati "Natangiye gukina nk'uwabigize umwuga mu 2012, nagize imyaka ibiri mu Isonga FC, nagiye muri APR FC aho nagiriye imyaka itanu y'urwibutso n'intsinzi.'

'Nakomereje muri Rayon Sports nakiniye amezi atandatu gusa. Nakomereje muri Kiyovu aho nagiriye ibihe byiza cyane ndetse ndyoherwa n'umupira w'amaguru.'

'Nagiye muri AS Kigali ariko nyuma y'amezi abiri gusa nagize imvune ikomeye ya 'tibia' yanshyize kure y'umupira w'amaguru, nagerageje gukora ibishoboka byose ngo nsubire mu kibuga ariko byaranze kugeza n'ubu.'

'Nishimira ko nambaye umwambaro w'Ikipe y'Igihugu, nkashimira abo twabanye mu muryango mugari wa ruhago.'

Kimenyi w'imyaka 34 yavuze ko agiye gutangiza umushinga yise "Beyond90" uzafasha abakinnyi

Imvune itumye Kimenyi Yves asezera umupira imburagihe, yayigize muri 2023 ku mukino wa AS Kigali na Musanze FC.

APR FC yamwandikiye izina
Twavuga ko AS Kigali ari yo yasorejemo urugendo rwe
Yabaye kapiteni wa Kiyovu Sports
Yakiniye Amavubi
Kimenyi Yves yanakiniye Rayon Sports



Source : http://isimbi.rw/kimenyi-yves-yasezeye-ruhago-imburagihe.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)