Akigera muri Suède, Chriss Eazy yabwiye IGIHE ko yiteguye gususurutsa abakunzi be bazitabira iki gitaramo azahuriramo na Spice Diana wo muri Uganda.
Iki gitaramo Chriss Eazy arakirangiza asubira i Kigali, mbere yo kongera gusubira i Burayi mu bitaramo bizazenguruka ibihugu binyuranye by'uwo mugabane.
Uyu muhanzi azakomereza muri Pologne ku wa 26 Mata 2025. Ku wa 3 Gicurasi 2025, Chriss Eazy azataramira i Paris, ku wa 10 Gicurasi ataramire i Bruxelles mu Bubiligi mu gihe hari ibindi bitaramo bigera kuri bitanu bitaratangazwa.
Igitaramo cyo muri Pologne giteganyijwe ku wa 26 Mata 2025, byitezwe ko Chriss Eazy azagihuriramo n'Umunya-Nigeria, Joe Boy.
Chriss Eazy ni umwe mu bahanzi bakunzwe muri iyi minsi mu Rwanda, yerekeje i Burayi mu gihe aherutse gutangaza ko ari mu nzira zo gusohora album ahuriyeho na Kevin Kade izajya hanze mu minsi iri imbere.




Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/chriss-eazy-yageze-muri-suede