Uko umukino uri kugenda umunota ku munota;
43' APR FC yongeye kurata uburyo ku mupira Niyomugabo Claude ahaye Niyibizi Ramadhan arekura ishoti rinyuze hejuru y'izamu kure
42' Dusabimana Jean Claude yeretswe ikarita y'umuhondo ku ikosa yari ikoreye Nshimiyimana Yunusu
41' Dushimimana Olivier muzungu akorewe ikosa mu rubuga rw'ikipe yeÂ
38' Rachid Mapoli w'Amagaju FC ahawe booo n'abafana ba APR FC nyuma yuko yari azamutse acenga neza ariko yagera imbere y'izamu akarekura ishoti rinyuze kureÂ
36' Amagaju Fc nyuma yo gusatirwa cyane nayo yarabonye uburyo imbere y'izamu ku mupira Ciza Husen Seraphin yarabonye imbere y'izamu ariko Nshimiyimana Yunusu aratabara
35' Nyamukangagira yongeye kurata ikindi gitego cyabazwe! Ruboneka Jean Bosco ahaye umupira Tuyisenge Arsene nawe awushyira kwa Niyibizi Ramadhan arekura ishoti rikubita igiti cy'izamu maze Dushimimana Olivier agiye gusobyamo biranga
32' APR FC irase igitego cyabazwe ku mupira mwiza Dauda Yussif yarahaye Ruboneka Jean Bosco acenga ba myugariro b'Amagaju FC nawe awushyira kwa Tuyisenge Arsene wari usigaranye n'umunyezamu arekura ishoti gusa Twagirumukiza Clement aratabara
30' Mugisha Gilbert aryamye hasi ari kwitabwaho n'abaganga nyuma yuko atewe umupira mu nda
27' Biragaraga ko abakinnyi ba APR FC batari batangira guhuza 100% muri uyu mukino,Aliou Souane yarazamuye umupira muremure ashaka Dushimimana Olivier Muzungu ariko birangira umurenganye
25' APR FC ikomeje gushaka igitego hakiri kare, Ruboneka Jean Bosco azamuye umupira muremure abarimo Nshimiyimana Yunusu bagerageza gushyiraho umutwe ariko uba muremure urabarengana
23' Tuyisenge Arsene abonye umupira ari mu rubuga rw'amahina arihindukiza arekura ishoti gusa umupira ukubita mu bituza bya Tuyishime Emmanuel umupira ujya muri koroneri itagize icyo itanga
21' Pavelh Ndzira afashe umupira wa mbere kuva umukino watangira ku ishoti ryari rirekuwe na Ndayishimiye Edouard
19' Nyuma yuko abonye ibyo guhererakanya bitari gukunda uwitwa Aliou Souane afashe umwanzuro arekura ishoti rirerire ari inyuma gusa umupira uragenda unyura hejuru y'izamu kure
16' Aliou Souane ahaye umupira muremure Dushimina Olivier Muzungu washoboraga nawe kuwuhindura mu rubuga rw'amahina bikaba byagira icyo bibyara ariko ntiyabikora asubiza inyuma
12' Amagaju Fc abonye kufura impande y'umurongo ugabanyamo ikibuga kabiri ku ikosa Niyibizi ramadhan yarakoreye Malanda Destin gusa itewe na Matumona ba myugariro ba APR FC bakura umupira imbere y'izamu nta nkomyi
10' Umukinnyi w'Amagaju FC,Nkurunziza Seth aryamye hasi aho ari kwitabwaho n'abaganga nyuma yuko agonganye nuwa APR FC
8' Amakipe yombi nta nimwe irabona uburyo buremereye imbere y'izamu ry'indi, APR FC niyo iri kugerageza guhererekanya ariko ikabikorera mu rubuga rwayo
5' Kiza Seraphin yarabonye umupira wa mbere imbere y'izamu rya APR FC ariko Niyibizi Ramadhan aratabaar ahita awumwaka ataragira icyo awumaza
3'Â Ikipe ya APR FC niyo iri guhererekanya umupira igerageza igerageza gushaka aho yamenera
2' APR FC ibonye uburyo bwa mbere ku mupira Mugisha Gilbert yarasunikiye mu rubuga rw'amahina Tuyisenge Arsene nawe aragenda arekura ishoti gusa Twagirumukiza Clement umupira awukuramo
1' Umukino utangijwe n'Amagaju FC ariko Dushimimana Olivier ahise awaka Kiza Useni seraphin
15:00' Umukino uratangiye
14:54'Abasifuzi bagiye kuyobora uyu mukino ni Twagiramukiza Abdoul uri hagati,Karangwa Justin(umusifuzi wa mbere w'igitambaro), Nsengiyumva Jean Paul(umusifuzi wa kabiri w'igitambaro) mu gihe umusifuzi wa kane ari Kayitare David.
14:51' Amagaju FC agiye gukina uyu mukino ubusatirizi bwayo buyobowe na Kiza Husen Seraphin umaze gutsinda ibitego 8 muri shampiyon mu gihe umukinnyi wa APR FC ufite byinshi ari Mamadou Lamine Bah n'ibitego 3
14:39' Uyu mukino ugiye kuba nyuma yuko muri iyi Sitade n'ubundi ku munsi wejo hari hakiniwemo umukino Mukura Vs yatsinzemo Rayon Sports ibitego 2-1
14:38'Amakipe yombi arimo arishyushya mbere yuko acakiranira mu kibuga
Abakinnyi 11 ba APR FC babanje mu kibuga;Pavelh Ndzila, Niyomugabo Claude, Aliou Soaune, Nshimiyimana Yunussu, Niyigena Clement, Dauda Yussif, Ruboneka Jean Bosco, Niyibizi Ramadhan, Mugisha Gilbert Dushimimana Olivier na Tuyisenge Arsene.
Abakinnyi 11 b'Amagaju FC babanje mu kibuga;Twagirumukiza Clement ,Nkurunziza Seth,Shema Jean Baptiste,Dusabe Jean Claude,Matumona Wakonda,Tuyishime Emmanuel,Semageni Cyrille,Rachid Mapoli ,Malanda Destin,Ndayishimiye Eduard na Kiza Husen Seraphin.
Mu mukino ikipe Amagaju FC iheruka gukina muri shampiyona yatsinzwe na Rutsiro FC ibitego 2-1 naho APR FC yo yatsinze Marine FC ibitego 2-1.
Uko amakipe yombi ahagaze kugeza ubu, ikipe y'Amagaju FC iri ku mwanya wa 9 n'amanota 18, mu gihe APR FC yo iri ku mwanya wa 2 n'amanota 31.
Uyu ni uwa Gatatu ikipe y'Amagaju FC igiye gukina na APR FC kuva yakongera gukina icyiciro cya mbere mu mwaka ushize w'imikino nyuma y'uko yari yaramanutse mu Cyiciro cya Kabiri mu 2019.
Imibare yerekana ko mu mikino 11 ya shampiyona iheruka imaze guhuza aya makipe yombi,APR FC yatsinzemo 8 , Amagaju FC nta n'umwe yatsinzemo mu gihe banganyijemo 3.
Uyu mukino uhuriranye n'uko Amagaju FC arimo arizihiza isabukuru y'imyaka 90 ibayeho. Iyi kipe iri mu makipe akuze mu Rwanda yashinzwe mu 1935.




Abakinnyi ba APR FC bishyushya





Ubwo abakinnyi ba APR FC bageraga kuri sitadeÂ





Abamaze kugera muri Sitade mpuzamahanga ya Huye biganjemo abafana ba APR FCÂ


