Hari mu birori byo gusoza umwaka wa 2024 byabereye muri Kigali Convention Centre, aho Umukuru w'Igihugu yagarutse ku bihe by'ingenzi u Rwanda rwanyuzemo birimo ibyiza n'ibibi, ashimangira ko ibyiza bikwiriye kwishimirwa, ibitaragenze neza bigakurwamo amasomo.
Yagaragaje ko mu byaranze uyu mwaka harimo kwibuka amateka mabi yaranze u Rwanda, icyakora agashimangira ko nubwo ari mabi, ariko u Rwanda rwibuka kandi rwiyubaka, anagaruka ku myaka 30 rumaze rwibohoye.
Ati "Muri uyu mwaka habayemo kwibuka abacu ku nshuro ya 30. Habaho kwibuka twiyubaka n'amateka yo kwibohora, ku nshuro ya 30."
Yanashimiye abagize uruhare mu gikorwa cy'amatora, anagaruka ku cyorezo cya Marburg giherutse kugaragara mu Rwanda, avuga ko ubu cyamaze gutsindwa kandi ko u Rwanda rwifatanyije n'imiryango yabuze ababo.
Umukuru w'Igihugu yashimiye abaganga n'abandi bose bagize uruhare mu kurengera ubuzima muri ibyo bihe bikomeye, rimwe na rimwe bakabikora bashyize ubuzima bwabo mu kaga.
Yavuze ko ibyagezweho n'u Rwanda bikwiriye kwishimirwa, kuko na byo ari ingenzi mu buzima, icyakora atanga n'umuburo, avuga ko kwishima bitavuze kurangara.
Ati "Nitujya twishima, tujye dusigarana kwa kwirinda, kuri buri muntu no kuri twese. Ntawe tuzemerera ko yaduhungabanyiriza umutekano, n'umunsi n'umwe."
![]()
Ibi birori byo gusoza umwaka wa 2024 byabereye muri Kigali Convention Centre kuri uyu wa 30 Ukuboza
![]()
Perezida Kagame yifurije Abanyarwanda kuzagira umwaka mwiza wa 2025
![]()
Aho ibirori byabereye hari hateguwe mu buryo bunogeye ijisho
![]()
Abafashaga abatumirwa kubona icyo bakeneye bari bahari ku bwinshi
![]()
Minisitiri mushya wa Siporo, Nelly Mukazayire aramukanya na bamwe mu bari bitabiriye ibi birori
![]()
Uyu mugoroba wasigaye mu mitima y'abari bitabiriye ubutumire bose
![]()
Umunyamakuru wa Radio O, Gato Félicien unakora ibyegeranyo bigaruka ku buzima bw'ibyamamare, abinyujije mu cyo yise 'Secret Memory" na we yari yitabiriye ibi birori
![]()
Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, Gen. Mubarakh Muganga na we yifatanyije n'Abanyarwanda mu birori byo gusoza umwaka wa 2024
![]()
Abantu binjiraga muri Kigali Convention Centre bamwenyura
![]()
Umuhanzi The Ben ukunzwe na benshi mu Rwanda no hanze yarwo, yari yitabiriye ibi birori ari kumwe n'umugore we, Uwicyeza Pamella
![]()
Minisitiri w'Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula ari mu bitabiriye ibi birori byo gusoza umwaka wa 2024
![]()
Abantu bari bishimiye ibyo bagezeho mu 2025 bitegura kwinjira mu mwaka wa 2025
![]()
Akanyamuneza kari kose ku bantu bari muri ibi birori
![]()
Munyakazi Sadate uzwi muri siporo no mu ishoramari mu Rwanda ni umwe mu bari bitabiriye ubu butumire
![]()
Eugene Anangwe uherutse guhabwa ubwenegihugu bw'u Rwanda, ni umwe mu bari bitabiriye ubutumire bwa Perezida Kagame n'Umuryango we
![]()
Abantu bari bizihiwe no kuba muri ibi birori
![]()
Perezida Kagame yishimiye umuziki yasanze muri Convention Centre avuga ko ari umuziki mwiza w'igitangaza
![]()
Umuziki mwiza ni wo waherekezaga ibi birori bisoza umwaka wa 2024
![]()
Wari umugoroba w'ibyishimo bisendereye
![]()
Ibi birori byaranzwe n'ibyishimo ndetse no gusangira ku babyitabiriye
![]()
Ivan Cyomoro, Ange Kagame n'Umugabo we Ndengeyingoma Bertrand, bari baje kwifatanya n'Abanyarwanda mu birori bisoza umwaka wa 2024
![]()
Abantu birekuye barizihirwa mu kwishimira ibyagezweho mu 2024 no kwiha icyerekezo cya 2025
![]()
Perezida Kagame yavuze ku bihe by'ingenzi u Rwanda rwanyuzemo birimo ibyiza n'ibibi, ashimangira ko ibyiza bikwiriye kwishimirwa, ibitaragenze neza bigakurwamo amasomo
![]()
Perezida Paul Kagame na Madame Jeannette Kagame, bifatanyije n'Abanyarwanda mu kwishimira ibyagezweho mu 2024
![]()
Bishimiye byimazeyo gukorwa mu ntoki na Perezida wa Repubulika
![]()
Perezida Paul Kagame na Madamu bakiranywe urugwiro rwinshi n'abari babategerereje muri Kigali Convention Centre
![]()
Perezida Kagame yijeje Abanyarwanda umutekano iminsi yose avuga ko ushaka kuwuhungabanya wese atazabyemererwa na rimwe
![]()
Perezida Kagame yifurije Abanyarwanda umwaka mushya muhire wa 2025 abifuriza kuzawugiramo ibyiza byose
![]()
Perezida Kagame yavuze ko igihugu cy'u Rwanda kigizwe n'Umuryango umwe rusange w'Abanyarwanda
![]()
Wabaye umugoroba wo gukabya inzozi kuri benshi baba bifuza gukorwa mu ntoki n'Umukuru w'Igihugu
![]()
Umunyamakuru wa Siporo, Rugaju Reagan yatahanye ifoto y'urwibutso ari kumwe n'Umukuru w'Igihugu
![]()
Mu bikorwa by'ingenzi byaranze umwaka wa 2024 nk'uko byagarutsweho na Perezida Paul Kagame, harimo Kwibuka imyaka 30 yo Kwibohora, Kwibuka ku nshuro ya 30 Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse n'igikorwa cy'amatora y'Umukuru w'Igihugu n'ay'Abadepite
![]()
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame basangiye n'abitabiriye ibirori bisoza umwaka wa 2024
![]()
Ibi birori byitabiriwe n'abo mu nzego z'abikorera, imiryango itegamiye kuri leta inshuti z'u Rwanda n'abandi baturage muri rusange
![]()
Abantu bari benshi muri Kigali Convention Centre
![]()
Ijambo rya Perezida Kagame ryanejeje cyane abari bitabiriye ubutumire bwe
![]()
Nubwo Perezida Kagame yasabye abantu kwishima, yatanze n'umuburo, avuga ko kwishima bitavuze kurangara
![]()
Wari umugoroba w'ibyishimo kuri Nel Ngabo n'abari muri ibi birori bisoza umwaka wa 2024
![]()
Nel Ngabo yataramiye abari bateraniye muri Kigali Convention Centre
![]()
Bruce Melodie ni umwe mu bahanzi basusurukije abari bateraniye muri Kigali Convention Centre
![]()
Wari umugoroba wo gususuruka binyuze mu bikorwa bitandukanye birimo indirimbo, gusangira no kuganira
![]()
Perezida Kagame yasabye abari bitabiriye ubutumire kwishima bagasabana batitaye ku masaha, icyakora abihanangiriza kutaza kuva mu birori bajya gukora amakosa mu mihanda
![]()
Ange Kagame yari yaje kwifatanya n'abandi Banyarwanda muri ibi birori byo gusoza umwaka
![]()
Perezida Kagame yijeje ko byanze bikunze ibintu bigomba kurushaho kugenda neza mu mwaka wa 2025
![]()
Umunezero wari mwinshi muri ibi birori byo gusoza umwaka wa 2024
![]()
Abitabiriye ubutumire bari bakeye ku maso
![]()
Bakurikiye ubutumwa bari bagenewe na Perezida wa Repubulika batuje
![]()
Madame Jeannette Kagame n'Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Louise Mushikiwabo, bifatanyije n'abandi Banyarwanda mu mbyino gakondo
![]()
Madame Jeannette Kagame n'Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Louise Mushikiwabo, baryohewe n'umushayayo nyarwanda
![]()
Buri wese yashakaga gufata ifoto y'urwibutso
![]()
Ibi birori byitabiriwe n'abayobozi bakuru mu nzego z'igihugu ndetse n'ab'Imiryango Mpuzamahanga
![]()
Perezida Kagame yashimye umuziki mwiza yasanze muri Kigali Convention Centre
![]()
Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Louise Mushikiwabo yari yitabiriye ubutumire bwa Perezida Kagame n'Umuryango we
![]()
Wari umugoroba wo kwishimira ibyiza byagezweho mu 2024 no guha umurongo ibitaragenze neza
![]()
Abantu bari bahuje urugwiro muri uyu mugoroba wo ku wa 30 Ukuboza 2024
![]()
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire na we yari yitabiriye ubu butumire
![]()
Madamu Jeannette Kagame yifatanyije n'Abanyarwanda kwishimira ibyagezweho mu 2024
![]()
Wari umugoroba wuje umunezero kuri buri muntu witabiriye ubutumire
![]()
Umuyobozi wungirije wa RBA, Sandrine Isheja yari Umusangiza w'Ijambo muri ibi birori
![]()
Perezida Kagame yongeye gushimira Abanyarwanda uruhare runini bagize mu matora y'Umukuru w'Igihugu n'ay'Abadepite yabaye muri Nyakanga 2024
![]()
Perezida Kagame yavuze ko inzira ari imwe, ari yo yo gukora ibyiza nk'uko byakozwe mu 2024
![]()
Perezida Kagame yavuze ko afite imiryango myinshi ahereye ku muryango we w'umwihariko mu rugo, Umuryango wa FPR-Inkotanyi, Inzego z'Umutekano zitandukanye, Guverinoma ndetse n'Umuryango w'Abanyarwanda muri rusange
![]()
Perezida Kagame yashimye byihariye abo mu nzego z'ubuvuzi barimo abaforomo, abaganga n'abandi ku kazi gakomeye bakoze mu 2024
![]()
Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kujya bishima bakimarayo mu gihe habonetse uwo mwanya
![]()
Perezida Kagame yihanganishije imiryango yabuze abayo bitewe na Virusi ya Marburg yagaragaye mu Rwanda mu mezi ya nyuma ya 2024, ashimira abo mu nzego z'ubuvuzi bakoranye ubwitange mu kuyihashya bikagerwaho
![]()
Perezida Kagame yazirikanye abatanze ubuzima bwabo kugira ngo ubw'abandi bukomeze muri 2024 arabashimira
![]()
Perezida Kagame yashimye umwuka mwiza yasanganye abantu ubwo yinjiraga muri Kigali Convention Centre
Amafoto: Village Urugwiro
Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/mu-mafoto-arenga-100-ibyaranze-ibirori-byo-gusoza-umwaka-byakiriwe-na-perezida