No title

webrwanda
0
34" Harabura iminota mike kugirango igice cya mbere kirangire, APR FC iracyayoboye n'igitego 1-0 bwa Police FC

Ikipe ya Police FC ikomeje kugorwa no kugera imbere y'izamu, ndetse n'udupira tugezeyo tuba ntacyo twakangiza.

17" Police FC ihushije igitego cyari cyabazwe kuko n'abafana bari bahagurutse, ku mupira uturutse mu mpande, Pavelh ashaka kuwufata bunguri ariko uramucika, usanga Abedi ahagaze imbere y'izamu, arekura ishoti rikomeye kuko yabonaga umunyezamu akiryamye, Yunussu aturuka ahantu abantu batazi aterekaho umutwe ujya hanze.

12" Goalllllllll: Igitego cya mbere cya APR FC gitsinzwe na Nshimiyimana Yunussu, kumupira uturutse kuri kufura yari itewe na Ruboneka Bosco, Yunussu ashyiraho umutwe ahagaze wenyine.

sitade abafana bakubise baruzura, kuko harimo abafana bake ba Rayon Sports y'abagore, abafana ba Police FC, ndetse n'abafana benshi ba APR FC

18:00" Umukino uratangiye: umukino wa nyuma w'igikombe cy'Ubutwari uhuza APR FC na Police FC, uratangiye

17:55" Aabakinnyi bagarutse mu kibuga ku mpande zombi, gusa abasimbura nibo babanje kuza

Abakinnyi 11 APR FC yabanje mu kibuga

Pavelh

Ombolenga Fitina

Ishimwe Christian Niyigena Clement

Nshimiyimana YNUSSU

Taddeo Lwanga

Nshimiyimana Ismael

Ruboneka Bosco

Alain Kwitonda Bacca

Shaiboub

Yannick Bizimana

Abakinnyi 11 Police FC yabanje mu kibuga

Rukundo Onesme

Shami Chris

Ndahiro Derrick

Rurangwa Moss

Nsabimana Eric

Ngabonziza Pacifique

Bigirimana Abedi

Nshuti Savio

Hakizimana Muhadjri

Peter Agblevor

Niyonsaba Eric

17:46" Aamakipe yombi asubiye mu rwambariro, akaba aribugaruke umukino utangira

KANDA HANO UREBE UKO AMAKIPE YAGEZE KU KIBUGA


17:23" Amakipe yose yinjiye mu kibuga, abakinnyi bagiye kwishyushya mbere y'uko basubira mu rwambariro

17:20" Reka twongere tunahe ikaze nshuti ba InyRwanda, aho turi kuri sitade ya Kigali Pele, ahagiye kubera umukino umukino wa nyuma w'igikombe cy'Ubutwari.

TUGENDANE MU MUKINO

Mashami ntabwo ashaka gutsindwa umukino wa 3 wikurikiranya atsindwa na APR FC

Ni umukino ugiye kubera kuri sitade ya Kigali Pele Stadium ukaba uributangire ku isaha ya Saa 18:00 PM za Kigali.

Iyi mikino y'Ubutwari 2024, yatangiye tariki 28 Mutarama 2024, ubwo APR FC yageraga ku mukino wa nyuma itsinze Musanze FC penaliti 4-3, naho Police FC igera ku mukino wa nyuma itsinze Rayon Sports kuri Penaliti 4-3. Ikipe iri bwegukane iki gikombe, iratwara Miliyoni 6 naho iya Kabiri yegukane Miliyoni 3.



Source : https://inyarwanda.com/inkuru/139272/live-apr-fc-yakiriye-police-fc-mu-mukino-wa-nyuma-wigikombe-cyintwari-139272.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)