No title

webrwanda
0

Abafana barimo kugerageza kwitabira, ariko kuberako AS Kigali nta bafana benshi igira, bikaba byatumye sitade irimo abantu bake, biganjemo abafana ba APR FC.

17:48" abakinnyi b'abasimbura bagarutse mu kibuga bakaba bagiye ku ntebe y'abasimbura

17:40" Amakipe yombi asubiye mu Rwambariro

Banga yongeye gusubira ku gatebe nyuma yo kwitwara neza muri Zanzibar

Omborenga Fitina yagarutse mu kibuga nyuma y'iminsi ari mu bihano

Ishimwe Pierre niwe ugiye kubanza mu izamu rya APR FC

17:22" Ikipe ya AS Kigali nayo yinjiye mu kibuga ikaba ije kwishyushya.

17:18" APR FC yinjiye mu kibuga, abakinnyi baje kwishyushya. Ishimwe Pierre birashoboka ko ari bubanze mu kibuga kuko umunyezamu wa mbere ntari mu baje kwishyushya

Ombolenga Fitina akaba yagarutse mu kibuga nyuma yo gusira i Kigali ubwo ikipe yerekezaga mu mikino ya Mapinduzi Cup.

Ikaze tugendane mu buryo bwa Live

Ni umukino ugiye gutangira ku isaha ya Saa 18:00 PM, ukabera ku kibuga cya Kigali Pele Stadium. Uyu mukino ugiye gukurikira umukino Gorilla FC imaze gutsindamo Kiyovu Sports ibitego 2-0. Ikipe ya APR FC irashaka gukuraho agahigo kabi ifite kuri AS Kigali kuko imaze imyaka irenga itanu idatsinda itayitsinda mu marshanwa yose.

Tariki 23 Ukuboza 2018 ni bwo APR FC iheruka gutsinda AS Kigali, bikaba byari mu mukino wa shampiyona. Kuva icyo gihe, muri shampiyona aya makipe amaze guhura inshuro 8, bahura inshuro 1 mu mikino y'igikombe cy'Amahoro, ndetse bahura inshuro 1 ya Super Cup, ariko APR FC nta nshuro n'imwe iratsinda Abanyamujyi.



Source : https://inyarwanda.com/inkuru/138699/live-as-kigali-yakiriye-apr-fc-mu-mukino-wishiraniro-138699.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)