Inkuru .7 christiano akomeje kwandika amateka

fmg
0



Rutahizamu Cristiano Ronaldo yongeye kwandika amateka atarakorwa n’undi mukinnyi, akaba agiye kurangiza umwaka ayoboye abandi mu bitego byinshi.

Ronaldo usanzwe akinira muri Arabia Saudite mu ikipe ya Al Nasrr, yujuje ibitego 53 muri uyu mwaka wa 2023.Ibintu benshi bakomeje kugenda bashima bavuga ko ugereranyije n’imyaka ye ari ku rwego rwo hejuru.Ni ibitego yujuje mu mukino ikipe ye yaraye ikinnyemo na Al-Ittihad, aho iyi kipe ya Cristiano anabereye Kapiteni, yatsinze ibitego 5-2.

Mu bitego 5 bya Al Nasrr harimo bibiri bya Cristiano biri no mu byatumye aca agahigo kadafitwe nundi wariwe wese.

Kuva uyu mukinnyi yagera muri iyi shampiyona yo muri Arabia Saudite, yatangiye gukomera no gukundwa na benshi.Ni nyuma y’uko amakipe yo muri iki gihugu yagiye igura abakinnyi bakomeye barimo uyu Ronaldo,Benzema na Ngolo Kante bombi bakina muri iyi kipe ya Al-Ittihad yanyagiwe bitanu.

Kugeza ubu Cristiano Ronaldo afite ibitego 53 akaba arusha igitego kimwe Harry Kane ukinira Bayern Munich yo mu Budage kuko we afite ibitego 52, mu gihe Kylian Mbappé na Erling Haaland banganya ibitego 50 bakaba ari bo bakurikiraho ku rutonde.


source;Fils Mutabazi

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)