Guy Bukasa watoje amakipe atandukanye mu Rwanda nka Rayon Sports na Gasogi United, Guy Bukasa yemejwe nk'umutoza mushya wa AS Kigali.
Uyu mutoza ukomoka muri DR Congo, akaba yasinyiye iyi kipe ifashwa n'Umujyi wa Kigali amasezerano y'umwaka umwe.
Aje muri iyi kipe nyuma y'uko mu kwezi gushize AS Kigali yaratandukanye n'uwari umutoza mukuru wa yo Casa Mbungo Andre.
Aje asanga iyi kipe ku mwanya wa 15 n'amanota 15 mu makipe 16, akaba afite ifite inshingano zo gukura iyi kipe mu murongo.
AS Kigali ikaba kandi iri mu byishimo byo kugarura uwari perezida wa yo wari warasezeye muri Kamena 2023, Shema Fabrice akaba yagarutse.
Guy Bukasa yagizwe umutoza wa AS Kigali
Guy Bukasa na komite Nyobozi ya AS Kigali
Source : http://isimbi.rw/siporo/article/as-kigali-yabonye-umutoza-watoje-rayon-sports