Ku munsi w'ejo byari agahinda muri Kigali Pelé Stadium aho ikipe ifite abafana benshi mu Rwanda ya Rayon Sports yari yakiriye Al Hilal Benghazi yo muri Libya.Â
Sitade yari yakubise yuzuye abafana ba Murera biteguye ko ikipe yabo igiye gukora amateka igatsinda cyangwa ikanganya 0-0 ubundi ikerekeza mu matsinda ya CAF Confederation Cup nk'uko yari yabikoze muri 2017.
Muri uyu mukino wo kwishyura ibyari byitezwe ntabwo aribyo byabaye kubera ko ku munota wa 1 gusa Ezzeddin Elmarmi wa Al Hilal Benghazi yari yafunguye amazamu,kuwa 39 Joakim Ojera yaje gutsinda icyo kwishyura ariko icya 2 kirabura bituma umukino urangira ari 1-1 maze hitabazwa penariti.
Muri Penariti Al Hilal Benghazi yinjije 4 zayo zose naho Rayon Sports yinjiza 2 gusa ibyayo biba birarangiye agahinda kaba agahinda.

Nsabimana Aimable wateye penaliti ya 3 ya Rayon Sports agahita ayinjizaÂ

Umuzamu wa Al Hilal Benghazi areba uko penaliti ya Aimable yinjira mu izamuÂ


Uko Adolphe yagiye yinjizwa penalitiÂ

Charles Bbale winiije penaliti ya nyuma ya Rayon SportsÂ





Umufana wa Rayon Sports yibaza ibiri kubaÂ


Masta wa Rayon Sports mbere yo gutera penaliti ya kabiri yarase

Umuzamu wa Al Hilal Benghazi avugana na Masta nyuma yo kurata penalitiÂ





Yammen AZelfani utoza Rayon Sports yibaza icyo gukora ngo atsinde umukinoÂ

Ubwo umutoza wa Al Hilal Benghazi yarakimara guhabwa umutuku azamuwe mu bafanaÂ

Amatsinda y'abafana ba Rayon Sports yari yabukereye

Joakim Ojera wakoze akazi gakomeye muri uyu mukino nubwo kwerekeza mu matsinda byanse

Umutoza wa Rayon Sports ahitamo abatera penalitiÂ

Kalisa Rashid warase penaliti ya mbere ya Rayon SportsÂ


Uko umuzamu wa Al Hilal Benghazi yafashe penariti ya Kalisa RashidÂ

Ibyishimo ku muzamu wa Al Hilal Benghazi nyuma yo gufata penariti ya Kalisa RashidÂ









Umufana wa Rayon Sports yifashe ku munwa nyuma yo kubura intsinzi ngo berekeze mu matsindaÂ







Umufana wa APR FC afata mu mugongo uwa Rayon SportsÂ






Perezida wa FERWAFA,Munyentwali Alphonse yari yaje kureba uyu mukinoÂ




Iraguha Hadji na Mucyo Didier Junior batari bakoreshejwe kuri uyu mukino,mu minota ya nyuma bari bahagurutse aho bari bari mu bafana bareba ko bagenzi babo batanga intsinziÂ













Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fideli yifashe ku itama ibintu byanzeÂ



Nyuma y'umukino abakinnyi ba Rayon Sports bakomeye amashyi abafanaÂ



Umwe mu bafana ba Al Hilal BenghaziÂ


Nyuma yo gutsindwa, umuzamu wa Rayon Sports Hakizimana Adolphe kubyakira byari byanze bisaba ko aganirizwa

Agahinda kari kose kuri AdolpheÂ

Abakinnyi ba Rayon Sports bagize agahinda nyuma yo kubura intsinziÂ




Ibyishimo byari byose ku ikipe ya Al Hilal BenghaziÂ






Abafana ba Rayon Sports bikoreye amaboko nyuma yo kubura amatsindaÂ









Abakinnyi ba Rayon Sports bishimira igitego cyo kwishyura cyatsinzwe na Joakim Ojera ahawe umupira na LuvumbuÂ



Hanze ya Kigali Pelé Stadium hari hari umurongo muremure w'abafana binjira mbere yuko umukino utangiraÂ

Abakinnyi 11 ba Rayon Sports bari babanje mu kibugaÂ

Abakinnyi 11 ba Al Hilal Benghazi bari babanje mu kibugaÂ

Abatoza n'abakinnyi babasimbura bishimira igitego babonye hakirikareÂ
Amafoto: Ngabo Serge -InyaRwanda